Ni igikorwa WASAC yakoze mu rwego rwo gukomeza gushyigikira ko amateka ya jenoside abungabungwa kugira ngo ibimenyetso by’uko yateguwe n’uko yakozwe bikomeze kwigirwaho n’abanyarwanda n’abanyamahanga .
Umuyobozi mukuru wa WASAC,Sano James, yatangaje ko uko abantu basuye urwibutso bunguka andi mateka bityo ari ngombwa kuyabungabunga.
Ati« Kuva iminsi ijana yo kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi yatangira hari ibikorwa bitandukanye twagiye dukora nko kuremera abatishoboye, ibiganiro n’ibindi."
"No gusura ndetse no gushyigikira uru rwibutso byari muri gahunda yacu nka WASAC kuko dushaka ko amateka ndengakamere yahabereye atakwibagirana akaba ariyo mpamvu twahisemo kurutera inkunga ya miliyoni eshanu kugira ngo rukomeze kubungabungwa »
Yakomeje agira « Uko umuntu asuye urwibutso yiga byinshi akamenya ko politiki mbi ariyo yashenye igihugu ndetse bikanamuha n’impamvu zo kurwanya ingengebitekerezo ya jenoside aho ari hose. »
Ku ruhande rw’umuyobozi ushinzwe gucunga urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama akaba ari umukozi wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya jenoside, Ruzigana Innocent yatangaje ko bishimiye cyane kuba abakozi ba WASAC bafashe umwanya bagasura urwibutso rwa Ntarama ngo bamenye amateka yarwo ndetse bakanarutera inkunga.
Yagize ati «Urwibutso rwa Ntarama rurimo gusanwa,igikorwa kinini kirimo gukorwa ubu ni ukubaka uruzitiro kuko rufite ubusitani burenga hegitari ebyiri ariko hateganywa kuzubakwa n’inzu y’amateka irimo ibitabo n’ibindi bigaragaza uko jenoside yakozwe.”
Mu minsi ijana yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, WASAC yanasuye ndetse igeza amazi meza ku ngo z’abarokotse Jenoside batishoboye 69, batuye mu Murenge wa Bumbogo, Akarere ka Gasabo ahitwa i Gishaka.
Urwibutso rwa Ntarama basuye ruherereye mu karere ka Bugesera rushyinguwemo abazize jenoside basaga ibihumbi bitanu.



















TANGA IGITEKEREZO