Byatangajwe ku wa 30 Kanama 2019, ubwo hasozwaga icyumweru cyahariwe gusoma no kwandika mu Karere ka Burera.
Abaturage bitabiriye iki gikorwa bakanguriwe kugana amasomero bakigishwa gusoma no kwandika n’ibijyanye n’ikoranabuhanga.
Bamwe mu bakuze bigishijwe gusoma no kwandika, bavuga ko igihe bari bamaze batabizi bahombye byinshi byanabagize ingaruka ku bukungu bwabo.
Mvuyekure Felicien w’imyaka 51 y’amavuko yavuze ko yabonaga mudasobwa akumva ari igikoresho cy’abazungu n’abaminuje.
Yagize ati “Aho naganiye isomero rya Sunzu yacu twegerejwe ubu nzi gusoma, kubara no kwandika; nzi gukoresha mudasobwa, nakwandika amatangazo, ngakora impapuro z’ubutumire n’ibindi, byose mbikesha kugana isomero.”
Mu buhamya bw’abigishijwe gusoma no kwandika, hari abagaragaje ko kutamenya gusoma no kwandika ari ukubaho mu buzima bw’umwijima.
Nyiramana Béatrice w’imyaka 37 yavuze uko yajyaga ku isoko agahabwa amafaranga atuzuye kubera kutamenya kubara.
Yakomeje agira ati “Najyanaga itungo ku isoko naba ntafite umperekeje ayo twumvikanye bakayampa atuzuye kubera kutamenya kubara. Ni ukuri kutamenya gusoma, kubara no kwandika ni uguhomba umurage w’ubukungu. Ubu aho nabimenyeye ntawakongera kundiganya kandi sinkiyoboza kuko nzi gusoma ibyapa,nta mpamvu yo gusazira mu bujiji n’abasigaye ndabasaba kubyitabira.”
Umuyobozi w’agateganyo w’Inkoranyabitabo y’Igihugu, Nyirabahizi Beatha, yagaragaje ko kutamenya gusoma bishobora kudindiza iterambere.
Yagize ati “Iterambere rigendana n’amakuru, ndetse ni nacyo kinyejana turimo, utazi gusoma ntamenya ayo makuru. Ntiwabashaka korora cyangwa guhinga kijyambere utafashe ibitabo bitandukanye bibivugaho ngo ubisome n’ikoranabuhanga ryakuyobora. Ibyo byose utabizi iterambere ryamugora, muhugukire kubyiga kandi munabikundishe abana banyu.’’
Nyirabahizi yijeje ubufasha mu gihe buzakenerwa ariko umuco wo gusoma no kwandika ukimakazwa. Ati "Natwe aho muzadukenera turahari ngo tubunganire.”
Mu Karere ka Burera habarurwa amasomero aciriritse yigishirizwamo abakuze batazi gusoma no kwandika 224, yigishirijwemo abagera ku 5,527.
Mu Rwanda hose habarurwa amasomero ajyanye n’igihe y’abakuze arimo ibikoresho byose bisabwa birimo n’iby’ikoranabuhanga agera kuri 67. Biteganyijwe ko mu 2024 hazaba hamaze kubakwa andi 30.



















TANGA IGITEKEREZO