00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burera: Habonetse umurambo w’umuntu wishwe atemaguwe mu mutwe

Yanditswe na

Thamimu Hakizimana

Kuya 7 November 2015 saa 04:33
Yasuwe :

Mu Kagari ka Gaseke mu Murenge Ruhunde mu Karere ka Burera habonetse umurambo w’uwitwa Nkiriyehe Jean Paul w’imyaka 34 wari ushinzwe amakuru muri umwe mu mudugudu wo muri aka Kagari.

Amakuru dukesha abaturage bo mu Kagari ka Gaseke,avuga ko ku wa Kane tariki ya 5 Ugushyingo 2015 saa Kumi n’ebyiri n’igice za mugitondo ari bwo umurambo wa Nkiriyehe Jean Paul wagaragaye.

Abaturage baganiriye na IGIHE bavuga ko Nkiriyehe Jean Paul kuwa Gatatu yari yiriwe anywera inzoga mu kabare ka Habarurema asangira n’umugore we witwa Nyiramavugo Flodonata mu gihe bari bafitanye amakimbirane kuko amushinja kumusambanyiriza umugore basangiraga.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel yemeje aya makuru agira ati “Nibyo narabimenye uretseko ntari mpari, ariko Visi Mayor ushinzwe imibereho myiza ariwe wagiyeyo gushyingura ahagarariye Akarere ku buryo ariwe mwabaza neza kuko niwe ufite amakuru yose”.

Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza yanze kugira icyo avuga kuri aya makuru.

Nyuma yo kwitaba Telefoni ku nshuro ya 3 yavuze ati " ndi mu nama... Ndumva ibyo ntacyo nabivugaho kuri telephone”.

Gusa nubwo iperereza rigikorwa hashakishwa abakoze ubu bwicanyi, hacyekwa ko uyu Nkiriyehe Jean Paul ashobora kuba yarishwe n’abarembetsi kuko n’aho yiciwe atemaguwe mu mutwe haraye hafatiwe Kanyanga litiro 18.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages