00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burera: Ubwitange bwa FPR Inkotanyi bwatumye agabira inka abamugariye ku rugamba

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 6 July 2022 saa 08:29
Yasuwe :

Umuryango wa Nshimiyimana Adrien wo mu Murenge wa Butaro Akarere ka Burera, wagabiye inka ebyiri abasirikare bamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu ugamije gushimira ubwitange RPF Inkotanyi yagaragaje mu kurokora Abanyarwanda.

Nshimiyimana Adrien yavuze ko yabitewe no kwifuza gutanga umusanzu we mu kubaka u Rwanda.

Yagize ati " Iki gitekerezo nagikuye ku rukundo nkunda Perezida wacu Paul Kagame n’ingabo z’u Rwanda yayoboye zigahagarika Jenoside zikabohora Abanyarwanda. Icyo mukundira, ni ibyiza byinshi yatugejejeho. Si ukubeshya njye ni we nkesha ubuzima, yaduhaye umutekano, yatugejeje ku iterambere kandi ikiruta byose ni urukundo akunda Abanyarwanda, akanga abantu bariganya.”

Yavuze ko azakomeza gukora ibikorwa nk’ibi bitewe n’amikoro azagenda abona.

Ati "Mu bushobozi buke Imana yampaye ntibyambuza gufasha. Turasaba abandi bantu bafite ubushobozi kujya bafasha abatishoboye kuko igihugu cyacu kizubakwa natwe ntawe dukwiye gutegereza ngo azabidukorere kandi Perezida wacu arabidutoza buri munsi.”

Yavuze ko kubohora u Rwanda byatumye yiteza imbere cyane ko hambere umwana wigaga akagera kure yari uwo mu bakomeye akaba ariyo mpamvu atagize amahirwe yo kwiga ariko ubu nyuma ya Jenoside akaba afite umugore yigishije akagera ku rwego rw’icyiciro cya gatatu cya kaminuza, abikesha umutekano.

Inka ebyiri zatanzwe na Nshimiyimana Adrien ziri mu rwuri i Nyagatare ndetse n’ingabo zizazihabwa ni izamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu zo muri Nyagatare.

Si ubwa mbere uyu muryango wa Nshimiyimana Adrien uremera abatishoboye kuko no mu mwaka wa 2021 wahaye umuturage inzu yo guturamo, umworoza n’inka yo kuwukamirwa.

Umuryango wa Nshimiyimana Adrien wiyemeje kujya ugira icyo utanga buri mwaka hizihizwa kwibohora ugamije gushimira Perezida Kagame n'Inkotanyi babohoye igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages