Aba bigaragambya ariko bahise batatanwa, kuri uyu wa kane ariko hateganyijwe indi myigaragambyo mu murwa mukuru.
Ni iki kigenzi wamenya …
Prezida uyoboye inzibacyuho Michel Kafando na Minisitri w’intebe Isaac Zida, bafashwe bugwate n’abasilikale ba RSP, bashinzwe kurinda ingoro y’umukuru w’igihugu, kugeza ubu imishyikirano iracyakomeje.
Hagati aho umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’afurika, Cédéao na ONU bategetse irekurwa ryihuse ry’aba bayobozi.
Abigaragambya bamaganye iri fatwa bugwate, bakaba biteguye kwigaragambiriza hafi y’ingoro y’umukuru w’igihugu kuri uyu kane, nyuma y’iyindi myigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatatu.
Umutuzo udasanzwe mu murwa mukuru wa Burkina Faso
Kugeza ubu uko byifashe kugeza kuri uyu kane, mu ijoro ryakeye, humvikanye urusaku rw’amasasu, mu bice binyuranye by’umurwa mukuru. Abasilikale bashinzwe kurinda ingoro y’umukuru w’igihugu, baraye bazenguruka umurwa mukuru wose.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu, abigaragambya bafashe icyemezo cyo gukora urugendo hafi y’ingoro y’umukuru w’igihugu, ariko baje gutatanywa n’amasasu barashweho.
Uku kugerageza kwigaragambya kwa mbere kwaje kuburizwamo n’abasilikale, kugeza ubu imihanda yose inyura hafi y’ingoro y’umukuru w’igihugu yafunzwe n’abasilikale ba RSP .
Biteganyijwe ko abigaragambya babikomeza kuri uyu kane, bakaba bateganyije urundi rugendo ruza kwerekeza ku ngoro y’umukuru w’igihugu, kugeza ubu Perezida, Minisitri w’intebe n’abandi baminisitiri bakaba bagifashwe bugwate batararekurwa.



















TANGA IGITEKEREZO