00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burkina Faso: Umusirikare yatangarije kuri Televiziyo y’igihugu ko bahiritse ubutegetsi

Yanditswe na

Kanamugire E.

Kuya 17 September 2015 saa 10:38
Yasuwe :

Umugabo wambaye imyenda ya gisirikare yagaragaye kuri televiziyo y’igihugu cya Burkina Fasso atangaza ko guverinoma y’inzibacyuho itakiriho.

Hagati aho imikwabu ni myinshi mu mujyi wa Ouagadougou kandi harumvikana urusaku rw’amasasu rwinshi.

Kuri uyu wa gatatu nyuma ya saa sita nibwo abashinzwe kurinda Perezida bafatashe bugwate Perezida w’nzibacyuho Michel Kafando, na Minisitiri w’Intebe Isaac Zida, igikorwa kivuyemo kudeta nyirizina.

Abagize ihuriro ry’igihugu riharanira ibya demukarasi (CND) biyemeje guhagarika guverinoma y’inzibacyuho bashinja kutubahiriza amahame yumvikanyweho n’itegeko rigenga amatora yo mu Ugushyingo, riheza abahoze bakorana bya hafi na Blaise Compaoré.

Abasirikare bafashe ubutegetsi ngo biyemeje gutangiza uburyo bwo gushyiraho guverinoma buri wese yibonamo.

Uwo musilikare wabitangaje, yavuze ko ari mu itsinda rishya ry’inama y’igihugu iharanira Demokarasi, Conseil national pour la démocratie.

Hari amakuru avuga ko umusilikare watangaje iyo kudeta kuri televisiyo y’igihugu, yitwa Lieutenant-Colonel Mamadou Bamba


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages