00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Igitero cyo mu Cibitoke cyari kigamije gufata igihugu, uwakiyoboye yamenyekanye

Yanditswe na

Philbert Hagengimana

Kuya 19 January 2015 saa 10:53
Yasuwe :

Igitero cyagabwe mu Cibitoke mu ntangiriro z’uku kwezi cyari kigamije kwigarurira igihugu, ndetse cyari kiyobowe na Kaziri Joseph bakunda kwita Yusufu wahoze mu ngabo z’u Burundi.
Ibi ni ibyatangajwe na Valentin Bagorikunda, Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika y’u Burundi, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, aho yatangaje ko icyo gitero cyagabwe n’abantu 190 bayobowe na Yusufu, gusa ntiyatangaza niba akiriho cyangwa yarapfuye.
BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko yakomeje agaragaza ko (…)

Igitero cyagabwe mu Cibitoke mu ntangiriro z’uku kwezi cyari kigamije kwigarurira igihugu, ndetse cyari kiyobowe na Kaziri Joseph bakunda kwita Yusufu wahoze mu ngabo z’u Burundi.

Ibi ni ibyatangajwe na Valentin Bagorikunda, Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika y’u Burundi, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, aho yatangaje ko icyo gitero cyagabwe n’abantu 190 bayobowe na Yusufu, gusa ntiyatangaza niba akiriho cyangwa yarapfuye.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko yakomeje agaragaza ko imigambi bari bafite yari iyo gufata igihugu, gusa ntihanatangazwa uwo mutwe uwo ari wo, cyangwa abari bawutumye.

Kugeza ubu abantu 6 bashinjwa icyo gitero bamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, abandi 3 bafatiwe hamwe nab o bob amaze kurekurwa mu mpera z’icyumweru gishize.

Bagorikunda kandi, ashinja imwe mu maradiyo akorera mu Burundi, n’amwe mu mashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu kuba yarigeze gucumbikira Yusufu, ariko yirinda kuvuga mu mazina iyo radiyo cyangwa ayo mashyirahamwe.

Ese aho iki gitero si cyo cyaba cyaratumye Patrick Nduwimana atabwa muri yombi?

Abajijwe niba iki gitero kidashobora kuba cyarabaye urwitwazo mu guta muri yombi Patrick Nduwimana utavuga rumwe n’ubutegetsi akaba ahagarariye urubyiruko mu ihuriro ADC-Ikibiri, Umushinjacyaha mukuru yatangaje ko akirimo gukorwaho iperereza, ku buryo nihatagira icyaha kimugaragaraho azahita arekurwa.

Muri uwo mutwe wagabye igitero mu mpera z’umwaka ushize, ngo harimo abana bafite imyaka iri hagati ya 15 na 17, Intara ya Kirundo ikaba ari yo yari ifitemo abarwanyi benshi, yari ifitemo abantu 41.

Icyo gitero cyahitanye abanti 99 barimo abasirikare ba Leta 2, abasivili 2, n’abarwanyi b’uwo mutwe 95, kuwa gatandatu w’icyumweru gishize hakaba hari hateguwe imyigaragambyo yo kwamagana icyo gitero mu mihanda yo mu Burundi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages