00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Stade ya Perezida Nkurunziza yasenyutse

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 17 April 2019 saa 06:06
Yasuwe :

Stade Urukundo isanzwe ikinirwa n’ikipe ya Le Messager de Ngozi ndetse ikunzwe no gukinirwaho n’ikipe ya Perezida Pierre Nkurunziza, yasenywe n’umuyaga mwinshi ubwo hagwaga imvura y’amahindu kuri uyu wa Kabiri.

Iyi Stade iherereye i Buye muri komini Mwumba ho mu Ntara ya Ngozi iri mu Majyaruguru y’iki gihugu, yangijwe bikomeye n’inkubi y’umuyaga maze ibice byayo bibiri byicaramo abafana n’icyicaramo abanyacyubahiro birangirika.

Iyi Stade yatashywe ku mugarago na Perezida Pierre Nkurunziza tariki ya 4 Gashyantare 2017 nyuma y’amezi make yari imaze ishyirwamo ubwatsi bw’ubukorano buzwi naka terrain synthétique.

Iki kibuga gisanzwe gikinirwaho n’ikipe y’abato ya Le Messager yashinzwe na Perezida Nkurunziza, aho ubwo yagitahaga ku mugaragaro yasabye abana b’Abarundi kukibyaza umusaruro bakavamo abakinnyi babigize umwuga.

Stade Urukundo yatashywe bwa mbere muri Nyakanga 2011 nyuma yo kubakirwa abana bakiniraga umupira mu ishuri ry’umupira w’amaguru rya Le Messager ryabarizwagamo abagera kuri 318 icyo gihe.

Ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 5,400 ikaba ikinirwaho n’ikipe ya Halleluya FC ikinamo Perezida Pierre Nkurunziza.

Igisenge cya Stade cyavuyeho
Imvura nyinshi yaguye mu majyaruguru y'u Burundi yatumye iyi stade ikinirwaho na Perezida Nkurunziza yangirika
Mu 2015 ubwo hari hatarashyirwamo ubwatsi bw'ubukorano
Perezida Nkurunziza mu mukino wa gicuti n'Abashinwa baba mu Burundi
Mu 2017, Halleluya FC yahatsindiye Abashinwa baba mu Burundi ibitego 8-1

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages