Yabisabye ku wa 28 Mata 2017, ubwo yahaga ikiganiro abiga muri Kaminuza yo mu mujyi wa Kigali yigisha iby’amategeko(Institute of Legal Practice and Development:ILPD).
Busingye yasabye aba banyeshuri kurangwa n’amahame ndetse n’ubunyamwuga mu kazi, aho yavuze ko haba mu bugenzacyaha, ubushinjacyaha, ubucamanza cyangwa abanyamategeko bigenga,“tugomba guha icyizere abatugana, tukabizeza ko tuzabaha ubutabera nta muntu udukoresha, nta wubidusabye, nta ruswa nta n’umenye abo turibo. Iki ni cyo kigaragaza ubunyamwuga nyabwo.”
Busingye yakomeje avuga ko igihe ubutabera bwizerwa n’ababuhabwa, usanga abaturage bishimye ndetse n’igihugu kimeze neza ariko ko mu gihe abaturage batishimira ubutabera bigira ingaruka zikomeye.
Yanavuze ko kugira ngo umuntu abe umucamanza, umugenzacyaha cyangwa umunyamategeko mwiza bidasaba ko aba ari umuhanga gusa ahubwo ko ubuhanga, ubunyangamugayo n’ubunyamwuga ari ibintu bigomba kugendana.
Frank Asimwe, umwe mu bitabiriye ikiganiro yabwiye The Newtimes ko bikenewe ko buri muntu agendera ku mahame n’ubunyamwuga mu kazi akora kose, by’umwihariko ku banyamategeko bakorera rubanda aribyo bizatuma ababagana babagirira icyizere.
Iyi nama yari yahuje Minisitiri Busingye hamwe n’abakora akazi k’ubutabera basaga 55 barimo abanyamategeko, abagenzacyaha n’abashinjacyaha.



















TANGA IGITEKEREZO