Mu mfuruka zitandukanye z’Umujyi wa Kigali hari gukorwa imirimo ya nyuma yo kubaka ibikorwaremezo birimo imihanda izifashishwa muri iyi nama mu kugabanya umubyigano mu muhanda ndetse no kurimbisha ibice bitandukanye.
Ni ibikorwa bigaragarira amaso y’abagenda umujyi ndetse birakorwa ijoro n’amanywa ngo itariki inama itazangiriraho izasange buri kintu cyose kiri ku murongo.
Ku badaherutse mu Mujyi wa Kigali rwagati ubu hatangiye gutakwa ibyapa bitanga ikaze ku barenga 5000 bazitabira CHOGM no kwerekana ko igihugu cyiteguye kuyakira. Biri kuva mu mujyi kugera kuri Kigali Heights.
Nubwo bimeze bityo, ku rundi ruhande hari ibikorwaremezo bikiri kubakwa byiganjemo imihanda iri muri Kacyiru, Kicukiro ndetse n’ibirimo ikiraro cya Nyabugogo.
Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imiturire n’Ibikorwaremezo, Dr Merard Mpabwanamaguru, yabwiye RBA ko hari imirimo yakozwe mu kwitegura CHOGM ndetse igikomeje.
Yagize ati “Hari imihanda yubatswe mu Mujyi wa Kigali, turanakangurira abaturage kumenya kuyikoresha mu buryo bwo kugabanya umubyigano w’imodoka.’’
Ibikorwaremezo biri kubakwa biri mu mushinga mugari w’Umujyi wa Kigali wo kubaka imihanda y’ibilometero bisaga 200 mu myaka ine.
Mu cyiciro cya mbere cy’uyu mushinga hatekerejwe ku mihanda yihutirwa yakwifashishwa mu gihe cya CHOGM; icya kabiri kizatangizwa nyuma yayo.
Dr Mpabwanamaguru ati “Imihanda iri mu cyiciro cya mbere twashyizemo iyihutirwa izadufasha kugabanya umubyigano w’imodoka mu mujyi. Ni iyo twabonye yakoreshwa kuko twatangiye umushinga tubona ko hari inama iteganyijwe. ’’
Mu gihe hasigaye iminsi 11 ngo CHOGM itangire, biteganyijwe ko hari izindi nama zizayibanziriza ku buryo urebye iminsi isigaye ari mike cyane, ugereranyije n’aho ibikorwa bimwe na bimwe bigeze byubakwa.
Abaturage bo muri Kigali bagaragaje impungenge ko imirimo izaba itarasozwa bakurikije iminsi isigaye. Batanze inama zo kongera imbaraga zidasanzwe kugira ngo inozwe.
Dr Mpabwanamaguru yashimangiye ko imihanda iri kubakwa igihe cy’inama kizagera yaruzuye.
Ati “Imihanda myinshi dufite haba uwa Kacyiru [unyura munsi y’ahazwi nka Minisiteri] n’uwa Kimicanga [ugera kuri Ambasade ya Amerika] biri kurangira, hamwe na hamwe hari ibice byamaze gushyirwaho kaburimbo. Mu matariki 10 na 11, kaburimbo izaba yarangiye ku buryo ibikorwa byo gutera ubusitani n’ibindi bizakorwa ku wa 12-14 [Kamena 2022].’’
“Turizeza ko ibikorwaremezo [imihanda] bizakoreshwa kandi imihanda icaniwe.’’
Abaturage baturiye ahari kubakwa imihanda na bo basabwe kwihutisha ibikorwa byo kuvugurura inzu zabo no kuzisiga amarangi, zikamera neza.
Umuvugizi wa Sosiyete Sivile, Dr. Nkurunziza Joseph Ryarasa, yavuze ko ibyakozwe ari byinshi ariko hakiri ibikeneye kunozwa kugira ngo Kigali ikomeza kugana ku rwego rw’imijyi igezweho.
Ati “Abaturage bakwiye kwigishwa ku buryo batazatungurwa. Hakenewe kujyaho ubukangurambaga bukomeza bubabwira ko isuku ikwiye guhoraho atari iyo guharirwa igihe cy’inama gusa.’’
– Utuzu tw’abagenzi turi gukorwaho imirimo ya nyuma
Umuhanda uva ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe ugana mu Mujyi rwagati uri kubakwaho utuzu 20 abagenzi bazajya bugamamo bategereje imodoka.
Utu tuzu tuzwi nka ‘Smart Bus Shelters’ nitwuzura tuzaba dufite internet, uburyo bwo kwamamaza ndetse tunatanga amakuru ashobora gufasha abagenzi kumenya aho imodoka zigeze.
Dr Mpabwanamaguru yavuze ko muri CHOGM hari ibizaba bitarashyirwamo ariko bizagenda byongerwamo.
Ati “Ibisabwa byose ngo ibe igezweho bizaba bitarimo [muri CHOGM] ariko buzakoreshwa, butange amakuru mu bijyanye no kwamamaza.’’
“Muri iki cyumweru hagiye gushyirwamo imbaraga ngo tubashe kuzura. Turashaka ko buriya bwugamo buzubakwa mu mujyi wose ku buryo uzajya uba uburimo azajya aba azi busi igiye kuza, imyanya iyirimo n’ibindi.’’
– Ikiraro cya Nyabugogo n’icya Kicukiro mu mirimo ya nyuma…
Ibiraro bibiri birimo icya Nyabugogo n’icya Kicukiro Centre biri mu bikorwaremezo biri kubakwa ndetse bishobora gukoreshwa muri CHOGM.
I Nyabugogo, hari gukorwa imirimo ya nyuma ndetse ku wa 7 Kamena 2022 ni bwo imirimo yo kumena béton y’icyiciro cya kabiri cy’uyu mushinga yakozwe. Ubu hari kubakwa igice kiri hafi yo ku Mashyirahamwe kuko icyo hafi ya Gare ya Nyabugogo cyo cyarangiye.
Iki kiraro cyubatswe mu gucubya ibyago byaterwaga n’amazi ava muri ruhurura ya Mpazi, agasenyera abaturage, akanatwara imodoka.
Dr Mpabwanamaguru yijeje ko nibura mu minsi 14 gishobora gutangira gukoreshwa ashingiye ku bwoko bwa sima buzakoreshwa.
Ati “Icyo gihe hashobora gutangira kunyuraho imodoka zitaremereye. Ikoreshwa ry’ikiraro rizagendera ku bizava muri laboratwari harebwa ubukomere bwacyo.’’
Dr Mpabwanamaguru yasobanuye ko iyo hamenwa béton hari impagararizi (sample) zifatwa zikajyanwa muri laboratwari nyuma y’iminsi irindwi hakabaho kumanyura béton kugira ngo barebe ubukomere bwayo, nyuma y’indi minsi bakamanyura ikindi gice gutyo gutyo. Ibi ni byo bizagenderwaho hagendwa ubwoko bw’urujya n’uruza ruzakorerwa ku kiraro cya Nyabugogo.
Ku rundi ruhande, ku Kicukiro na ho hari kubakwa ikiraro cyitezweho kugabanya umuvundo w’imodoka ndetse n’imihanda y’aho kiri yaraguwe.
Imirimo yo kuyubaka irarimbanyije ndetse uva Kicukiro Centre ugana Sonatubes watangiye kumenwamo kaburimbo mu gice cyawo kinini.
Uretse imihanda n’ibiraro hari no gushyirwa ingufu mu kuvugurura inzu ziyituriye, gusiga amarangi no kurimbisha uduce twagizwe Car Free Zone nk’i Nyamirambo na Gisimenti i Remera.
Mbere ya CHOGM, mu Biryogo n’i Remera hazubakwa ubwiherero rusange buzajya bufasha abahatemberera ndetse mu cyumweru buzaba bwuzuye.
Ibyapa bitanga ikaze muri CHOGM byatangiye kumanikwa muri Kigali
I Nyabugogo imirimo irarimbanyije
– Umuhanda uva Kimicanga ugana Kacyiru na wo uri gukorwa
– Ahahoze Gare ya Kacyiru na ho hashyizwemo umuhanda mushya
– I Kigali hari kubakwa utuzu 20 abagenzi bazajya bategeramo imodoka
– Car Free Zone ya Biryogo yatangiye gukenkemurwa
– Ikiraro cya Kicukiro Centre n’imihanda igikikije birubakanwa ingoga
– Isuku mu mihanda n’aho abantu batuye yahawe umwihariko
Amafoto: Igirubuntu Darcy



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!