Coach Gael yifashishije imbuga nkoranyambaga ze asangize abamukurikira amasomo yavomye kuri Jenoside yakorewe abatutsi.
Ati “Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, byasaga n’aho birangiye, ariko ubu Imana yadusubije ubuzima, u Rwanda ni rushya, turiho ndetse tuzabaho neza.”
Coach Gael yavuze ko abanyarwanda bavomye mu mateka ya Jenoside imbaraga zo kwigira no kwiyubaka, binajyana no gushyira imbere ibibahuza kurusha ibibatanya.
Uyu mushoramari kuri we asanga gukunda u Rwanda ariwo musingi w’iterambere. Ati “Imbuto y’urukundo muri twe yarakuze. Twize gukundana nk’Abanyarwanda ndetse dukunda u Rwanda rwatubyaye.”
Mu butumwa bwa Coach Gael yerekana ko amateka mabi yigishije abanyarwanda guha agaciro ikiremwamuntu no kurwanira uburenganzira bw’abari mu kaga.
Coach Gael yashoye imari mu myidagaduro yo mu Rwanda, aho avuga ko “gutera imbere ntibituruka ku kuba u Rwanda rukungahaye ku mitingo karemano ahubwo igishoro cy’ibitekerezo nicyo kiza imbere.”
Coach Gael yanagarutse kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda yerekana ko ikwiriye kuba iya buri wese mu rwego rwo kwirinda amoko.
Gael Karombo uzwi nka Coach Gael, ni umushoramari mu myidagaduro y’u Rwanda akaba ari hafi gutaha inyubako yise Kigali Universe yubatse ku gisenge cy’inyubako yitwa CHIC, iri mu mujyi wa hagati.
Ni we ukurikirana ibikorwa bya Bruce Melodie biciye muri sosiyete yitwa 1:55 AM ltd ibarizwamo abahanzi Element Eleeeh, Ross Kana na Kenny Sol.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!