00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

#Coronavirus: Abamotari basabwe gukura ibirahuri bipfuka mu maso h’umugenzi kuri casques

Yanditswe na Twarabanye Venuste
Kuya 16 March 2020 saa 11:34
Yasuwe :

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasabye abamotari gukuraho ibirahuri bitwikira mu maso h’umugenzi ku ngofero (casques) yambara igihe bamutwaye, runibutsa abagenzi kwitwaza ibitambaro byo kuzambariraho kugira ngo zidakora ku ijosi.

RURA yatangaje ko ishingiye ku mabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima ajyanye no kwirinda Coronavirus “Abamotari basabwa guhita bakuraho ikirahuri gitwikira ku maso h’umugenzi ku ngofero bambara (casques).”

Abagenzi basabwe kujya bitwaza igitambaro (umwenda) bashobora kwambara mu mutwe kigagera ku ijosi ku buryo casque itamukora ku mubiri.

Muri rusange RURA yibukije abantu ko bagomba kwirinda ingendo zitari ngombwa. Mu gihe bidashoboka ko ingendo zisubikwa basabwa gukaraba intoki mbere na nyuma y’urugendo.

Itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi wa RURA, Lt. Col Patrick Nyirishema, rivuga ko “Amakoperative y’abamotari asabwe gushyira kandagira ukarabe cyangwa ubundi buryo bwatuma abantu bashobora gukaraba kuri parikingi zihuriraho abantu benshi.”

Rivuga ko ibikubiye muri iryo tangazo bitangira gukurikizwa kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Werurwe 2020.

Izi ngamba zafashwe mu gihe mu Rwanda hamaze kuboneka abarwayi barindwi ba Coronavirus.

Ibimenyetso bya Coronavirus birimo kugira umuriro, ibicurane, umunaniro n’inkorora ijyana no kubabara mu mihogo, guhumeka nabi bishobora no kugera aho itera umusonga no kubuza impyiko gukora bishobora gutera urupfu. Ishobora kwandura binyuze mu gukora ku muntu uyirwaye, cyane cyane mu kuramukanya abantu bahana ibiganza.

Minisante yasabye abaturarwanda gukomeza gukurikiza amabwiriza atangwa n’ubuyobozi bw’urwego rw’ubuzima cyane cyane gukaraba intoki igihe cyose, kutajya ahantu hahurira abantu benshi no kumenyesha inzego zibishinzwe igihe ibimenyetso by’iyo ndwara byagaragaye hakoreshejwe umurongo wa telefoni itishyurwa 114 cyangwa bakabimenyesha umujyanama w’ubuzima.

Abanyarwanda basabwe ‘kwirinda kuramukanya abantu bahana ibiganza cyangwa bahoberana, kugabanya ingendo zitari ngombwa mu bihugu byagaragayemo icyo cyorezo’.

Banashishikarijwe kandi kwirinda gukorora cyangwa kwitsamura iruhande rw’abandi, gukaraba intoki hakoreshejwe amazi asukuye n’isabune cyangwa ubundi buryo bwo gusukura intoki nko gukoresha alcool yica udukoko, kwirinda kwegera abandi igihe cyose warwaye ibicurane, inkorora cyangwa ufite umuriro mwinshi.

U Rwanda rwafashe ingamba zitandukanye zirimo n’izigomba kumara nibura ibyumweru bibiri [bishobora kongerwa] mu kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, irimo ko insengero zifungwa, amasengesho akabera mu rugo, ubukwe bugahagarikwa ndetse abanyeshuri bagasubizwa mu miryango.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages