Mu kiganiro ku mahoro hagati y’abanyamadini banyuranye mu mpera z’icyumweru gishize aho Depite Bamporiki yagize ati “Amahoro ni umutekano buri wese akeneye. Buri wese ayakesha mugenzi we, umutekano wanjye uhishe muri wowe, n’uwawe uhishe muri njye. Nkatwe abanyarwanda twayabuze igihe kinini, dukeneye kuyaharanira. Amahoro agaragarira mu bikorwa, aho umuntu aba aguwe neza, akabaho nta kwishisha. Yaba ahaze cyangwa ashonje, ariko akaba atuje nta ntugunda”.
Umushumba w’itorero Saint John, Mugabo Denis yagarutse ku mateka y’amahoro uko yagiye agaharanirwa na benshi. Ati “Mahatma Ghandi mu buhinde yarayavuze, Nelson Mandela arayaharanira, Fred Gisa Rwigema hano mu Rwanda arayapfira”. Abanyamuziki nka Bob Marley yarayaririmbye biba iby’ubusa.
Reverend Mugabo yibukije Ivanjiri ya Isayi, yerekana impungenge zo kuba abantu bose bajya mu nsengero ariko amahoro akabura. Ati “impamvu amahoro akiri ingume, ni uko hari abantu bajya gusenga bajyanwe n’ishema no kwigaragaza ko bakeye mu myambarire n’imiryango yabo”.
Muri iki kiganiro havuzwe n’impamvu zitera abantu kubangamira amahoro, bamwe bakayahungabanya bitwaje amadini aka wa mugani w’ikilatini ngo ‘niba ushaka amahoro tegura intambara’(SI VIS PACEN PARA BELUM).
Ibiganiro nk’ibi ku mahoro, bikoreshwa n’umuryango ukorera mu Rwanda ugamije kwimakaza amahoro ku isi HWPL(Heavenly culture, World Peace, restoration of Light), washinzwe n’umunyakoreya y’Epfo Man Hee Lee akaba ari nawe uwuyobora.



















TANGA IGITEKEREZO