Abanyamakuru bane bo muri Congo Kinshasa barakekwaho gutera ubwoba Perezda w’Inteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu Aubin Minaku. Abo banyamakuru bakorera ibinyamakuru “Le monde”,”Le réseau”,” Le monitor” na “Le future” bikorera i Kinshasa.
Radio Okapi iratangaza ko abo banyamakuru Albert Tshibende, Norbert Nkonde, Pascal Mulunda na Jenny Avedila batawe muri yombi kuri uyu wa kabiri mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Bitwaje izina rikomeye bafite mu itangazamakuru bashaka kumukanga.
Aubin Minaku avuga ko ku wa mbere yabonye abo banyamakuru baza bamusanga arabakira azi ko bashaka amakuru, bamwereka ibinyamakuru bari banditse bamuvugaho nabi, bamusaba ko yabaha amafaranga ngo ntibabisohore.
Aya makuru aremezwa na Mulenga Mwalaba Sam,umujyanama wa mbere mu by’ubutabera wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko. Yagize ati "Aba bagabo, baje bavuga ko bakoze inkuru zituvuga nabi, ko babifitiye ibihamya kandi ahari bayobozi bakuru bayabahaye.



















TANGA IGITEKEREZO