Uyu muhango wabaye kuri iki Cyumweru tariki 28 Ukwakira 2018 mu Karere ka Nyagatare, ari naho iyi kaminuza ikorera.
Abanyeshuri 109 barimo abagore 57 n’abagabo 52 barangije mu mashami atanu ariyo Uburezi, Itangazamakuru, Ubucuruzi n’Icungamutungo, Ubugeni n’ubukorikori no Gufata amashusho mbarankuru no kuyatunganya.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’uburezi, Samuel Mulindwa, yasabye abarangije muri iyi kaminuza kujya hanze batagamije gusaba akazi, ahubwo bagamije gushyira mu bikorwa ibyo bize bakaba aribo bagatanga.
Ati “Icyo leta ibifuzaho ni uko mujya ku isoko ry’umurimo mugakoresha ubwenge bwanyu n’imbaraga zanyu mu guhanga udushya n’imirimo itandukanye hagamijwe kwiteza Imbere, ntimuze mugamije gukorera abandi ahubwo muze mugamije kuba ba rwiyemezamirimo.”
Yanashimiye ubuyobozi bw’iyi kaminuza bwatekereje kwegereza abatuye Nyagatare Kaminuza nk’iyi, abizeza ubufatanye na leta y’u Rwanda mu kurushaho kuzamura ireme ry’uburezi.
Umuyobozi wa East African University Rwanda Prof. Joseph Gahama yavuze ko bitewe n’ubumenyi baha abanyeshuri, bizeye ko abarangije bafite ubushobozi bwo kwihangira umurimo no guhatana ku isoko ry’umurimo mu Rwanda.
Ati “Nk’umuntu urangije mu ishami ry’abafata amashusho mbarankuru bakanayatunganya uwo azarindira gute akazi ka leta? Abenshi barangije no kwihangira imirimo bari hano ku ishuri kuko hari byinshi bakoraga bikabinjiriza. Ikindi turifuza ko abanyarwanda batugana kuko amashami dufite amenshi ari ayo wakwiga ukaba wanaba rwiyemezamirimo.”
Uwavuze mu izina rya bagenzi be bahawe impamyabumenyi, Ncondo Wilber, yashimiye abarimu n’abayobozi ku bumenyi n’uburere babahaye, abizeza ko bagiye kubukoresha neza mu kwiteza imbere banagaragaza isura nziza y’iyi kaminuza.
East African University yatangiye gukorera mu Rwanda mu 2015. Yatashywe ku mugaragaro kuri iki Cyumeru mbere y’uko itanga impamyabumenyi ku bayirangijemo.
Yashinzwe na Prof.AL-Haj Badru Kateregga n’umugore we Jolly Irankunda Kateregga.



















TANGA IGITEKEREZO