00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ecobank Rwanda yorohereje abakiliya kubona inguzanyo igera kuri miliyoni 60 Frw nta ngwate

Yanditswe na Mukundwa Angelique
Kuya 26 June 2026 saa 11:45
Yasuwe :

Ecobank Rwanda yatangije gahunda nshya y’inguzanyo igenewe abakozi bahembwa bihoraho, ibafasha kubona inguzanyo izwi nka ‘Salary Finance’ ishobora kugera kuri miliyoni 60 Frw nta ngwate, ikazajya yishyurwa mu gihe cy’imyaka itandatu hashingiwe ku bushobozi bw’umukiliya.

Iyi gahunda igamije gufasha abakiliya kugera ku ntego zabo z’imari no kubona ubushobozi bwo gutera imbere binyuze mu kubona amafaranga mu buryo bworoshye kandi bwihuse.

Umuyobozi ushinzwe serivisi zigenewe abakiliya muri Ecobank, Gahonzi Léonard, yasobanuye ko iyi nguzanyo igenewe abakozi bahembwa mu buryo buhoraho, bifuza amafaranga yo gushyira mu mishinga yabo cyangwa kugera ku zindi ntego zitandukanye zigamije kubateza imbere.

Ati “Iyi nguzanyo ireba abanyamushahara bujuje ibisabwa, ntabwo dusaba ingwate nk’inzu cyangwa ubutaka. Icyo twibandaho ni ukureba umushahara wa buri kwezi n’ubushobozi bw’umukiliya bwo kwishyura hashingiwe kuri uwo mushahara we gusa.”

Gahonzi yavuze ko inguzanyo umukiliya ashobora guhabwa igenwa hashingiwe ku ngano y’umushahara we n’ubushobozi bwo kwishyura mu gihe kitarengeje icyagenwe kandi itarengeje miliyoni 60 Frw.

Yasobanuye kandi ko ubwishyu bwa buri kwezi butagomba kurenga 50% by’umushahara umukozi yinjiza mu rwego rwo kumufasha gukomeza gukemura n’ibindi bikenerwa mu buzima bwa muri munsi.

Ecobank igaragaza ko kwishyura iyi nguzanyo bikorwa mu gihe cy’imyaka itandatu, kikaba gifasha umukiliya kugabanya amafaranga yishyura buri kwezi no gukomeza gucunga neza izindi nshingano ze mu rwego rw’imari.

Ku bijyanye n’imikoreshereze y’iyi nguzanyo, umukiliya ahabwa umwanya uhagije wo kuyikoresha bitewe n’ibyo akeneye n’intego ze z’imari. Ashobora kuyifashisha mu gushora imari mu mishinga ye inyuranye, kugura ibikoresho cyangwa indi mitungo bwite, kwishyura amafaranga y’ishuri n’ibindi.

Abikiliya barashishikarizwa kwegera amashami ya Ecobank abegereye bagasaba iyi nguzanyo, aho banki ibizeza serivisi yihuse, yoroshye kandi itaziguye.

Ubuyobozi bwa Ecobank buvuga ko iyi gahunda iri mu murongo mugari wayo wo gushimangira ubufatanye n’abakiliya, kubafasha kugera ku ntego zabo z’imari no guteza imbere ubukungu bwabo mu buryo burambye.

Ecobank ni imwe mu mabanki akomeye ku mugabane wa Afurika, ikorera mu bihugu 34 ku mugabane, ikagira ishami i Paris mu Bufaransa ndetse n’ibiro bihagarariye ibikorwa byayo i Beijing mu Bushinwa, Londres mu Bwongereza na Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Mu Rwanda, ifite amashami umunani arimo atandatu mu Mujyi wa Kigali n’andi abiri ari i Huye na Rusizi, bikayifasha gukomeza kwegereza abakiliya serivisi z’imari zinoze kandi zigezweho hirya no hino mu gihugu no hanze yacyo.

Ecobank yorohereje abakiliya kubona inguzanyo igera kuri miliyoni 60 Frw nta ngwate
Umuyobozi ushinzwe serivisi zigenewe abakiliya muri Ecobank, Gahonzi, yasobanuye ko iyi nguzanyo igenewe abakozi bahembwa mu buryo buhoraho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages