00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali :’Ecole Belge’ yizihije isabukuru y’imyaka 50

Yanditswe na

Mihigo Jean Baptiste

Amafoto: Armand

Kuya 4 December 2015 saa 01:06
Yasuwe :

Ishuri ry’Ababiligi i Kigali ryizihije isabukuru y’imyaka 50 kuva ritangiye gukorera mu Rwanda, ritanga uburezi ku Banyarwanda, Ababiligi ndetse n’Abanyamahanga batandukanye.

Kuri uyu wa 3 Ukuboza, iri shuri ryizihije imyaka 50 rimaze rishinzwe, mu birori byatumiwemo abaryizemo, abarireramo ndetse n’ubuyobozi bwa Amabasade y’u Bubiligi mu Rwanda.

Umuyobozi w’iri shuri, Maïté Gillet yavuze ko bishimiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 Ecole Belge imaze itangiye mu Rwanda, kandi ko banejejwe n’ibyo bagezeho kuva iri shuri ritangiye.

Yavuze ko bakoresha integanyanyigisho ikoreshwa mu Bubiligi, ndetse bakanatanga impamyabumenyi mpuzamahanga zifasha abanyeshuri barangije mui iri shuri kujya kwiga muri kaminuza zo mu bihugu byo mu mahanga bikomeye nka Canada, u Bufaransa, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibindi.

Iri shuri rifite abanyeshuri 660 bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye, muri bo 50% ni Abanyarwanda, abandi 50% bakava mu bihugu bitandukanye. Yanavuze ko bagira uruhare mu iterambere ry’uburezi mu Rwanda.

Ati” Dukora ibishoboka byose kugira ngo duteze imbere uburezi bwo mu Rwanda, dutanga amasomo afite ireme. Ikindi kandi dufasha ibindi bigo byo mu Rwanda cyane cyane tubiha ibitabo, ndetse abayobozi b’ibyo bigo baza iwacu kureba uko twigisha natwe tukajya iwabo kureba uko bigisha.‘‘

Gillet avuga kandi ko iri shuri riteganya guteza imbere umubano n’abafatanyabikorwa bo mu Rwanda barimo Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi, REB, Minisiteri y’Uburezi ndetse n’amashuri mpuzamahanga akorera mu Rwanda.

Pauwels yemeza ko iri shuri ryatumye umubano w’u Rwanda n’u Bubiligi usugira.
Ku busabe bw’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, iki kigo kirateganya gusana ndetse no kubaka inyubako nshya zacyo.

Ecole Belge de Kigali (EBK), ryatangiye gukorera mu Rwanda muri 1965, rikaba ryarareze abantu batandukanye barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga. Kuri ubu rifite abanyeshuri 660 mu mashuri y’incuke, abanza ndetse n’ayisumbuye.

Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, Arnout Pauwels
Senateri Dr Ntawukuriryayo Jean Damascène nawe yari yitabiriye ibi birori
Abana biga muri Ecole Belge de Kigali na bo bari bitabiriye ibi birori
Abana bato basusurukije abari bitabiriye ibi birori binyuze mu mbyino za kinyarwanda
Abiga mu yisumbuye muri Ecole Belge banyujijemo bacinya akadiho
Abitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 50 Ecole Belge de Kigali imaze itangiye bari bizihiwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages