00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Evode Uwizeyimana yasabye ko hakorwa ubushakashatsi bw’Abatutsi biciwe muri za gereza

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 19 May 2018 saa 09:03
Yasuwe :

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana, yasabye ko habaho ubushakashatsi hakamenyekana Abatutsi bari muri za gereza bishwe muri Jenoside.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwibutse abari abacungagereza n’abandi bari abakozi ba za gereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ku wa 18 Gicurasi, hagaragazwa ko hatazwi abari bafungiye muri za gereza bishwe muri Jenoside.

Komiseri Mukuru wa RCS, CGP George Rwigamba, yavuze ko hibukwa abari abacungagereza n’abari abakozi ba za gereza hirya no hino mu gihugu 12 bamaze kubonerwa imyirondoro ariko avuga ko hari Abatutsi bari bafunze batigeze bamenyekana ngo bibukwe nabo.

Yagize ati “Hari ibibazo byibazwa mu rwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa, haba mu bakozi no mu bagororwa. Abo tureba uyu munsi ni abashoboye kuboneka. Hari abandi tutazi ariko ikibazo cyibazwa n’abantu benshi, kiragira kiti ‘Mbese ubundi mu magereza nta bantu biciwemo bazira Jenoside? Ku ruhande rumwe tubona igisubizo ariko kituzuye. Hari abahiciwe bazira ko ari ibyitso by’Abatutsi mu 1994. Tugasanga abo nabo barazize Jenoside, kuko yarategurwaga.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana, yasabye ko inzego zitandukanye zifatanya, hagakorwa ubushakashatsi, ayo mazina akamenyekana.

Yagize ati “Ikijyanye no kumenya Abatutsi baba bariciwe mu magereza, ese umubare wabo, amazina yabo byaba bizwi? Hakwiye ubushakashatsi bwimbitse. Nubwo abantu bagiye basenya ibintu byose kugera aho utabona amakuru agaragaza amazina y’abari bafunzwe mbere ya Jenoside no kugira ngo hamenyekane ibyaha bari bafungiye n’imyirondoro byabo, abantu bagerageza.”

Bakoze urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Abayobozi ba RCS bashyira indabo ku rwibutso
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana
Komiseri mukuru wa RCS, CGP George Rwigamba
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana na Komiseri mukuru wa RCS, CGP George Rwigamba bacanye urumuri rw'icyizere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages