Iyi nsakazamashusho yigenga mu Rwanda iraza kwerekana umwe mu mikino ibiri iteganyijwe kuri uyu wa 18 Gashyantare 2015, aho abakunzi b’umupira w’amaguru bari bubashe kwirebera ibihangange nka Christiano Ronaldo na bagenzi be mu mukino ikipe ya bo ya Real Madrid yo muri Espagne iza kuba yakirwamo na Schalke 04 yo mu Budage, ku kibuga cya Veltins Arena guhera saa tatu na mirongo ine n’itanu (9:45pm).
Kuwa kane tariki ya 19 Gashyantare 2015, Family TV izakomeza ibagezaho umwe mu mikino ya Europa League, aho abakunzi b’iyi Televiziyo bazabasha kwibonera ibindi bihangange mu mukino Liverpool FC yo mu Bwongereza izaba yakiriyemo Besiktas JK yo muri Turkey, ukazakinirwa i Anfield guhera saa ine n’iminota itanu (10:05pm).
Gukurikirana iyi mikino nk’uwibereye ku kibuga irimo gukinirwaho, ni amahirwe ku batunze decoderi za Star Times, kuko Family TV igaragara ku murongo (Chanel) ya 128.
Mu mateleviziyo yose yigenga akorera mu Rwanda, Family TV ni yo yonyine yemerewe kwerekana iyi mikino ya 2014-2015.



















TANGA IGITEKEREZO