00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gakenke: Abantu batatu baheze mu kirombe cy’amabuye y’agaciro habura imirambo yabo

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 25 July 2017 saa 08:15
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’ Umurenge wa Rusasa w’Akarere ka Gakenke bwatangaje ko abantu batatu baheze mu kirombe cy’amabuye y’agaciro ariko kugeza n’ubu imirambo yabo aitabonetse.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusasa, Ruhashya Charles, yabwiye RBA ko kuva bamenya ayo makuru kuwa 24 Nyakanga 2017 bashakishije bakabura imirambo yabo.

Yagiye ati “Bari abagabo batatu, uwo bita Matabaro Alexis, Ntirenganya Stefanie na Nizeyimana Donatien bagiye gucukura amabuye y’agaciro, ariko baza gusanga hasi harimo amazi, bigira inama yo kuyakuramo ngo bakomeze bacukure amabuye y’agaciro bifuzaga. Bageze aho bashyiramo umupira ngo bayakuremo bakoresheje moteri, bakuruyemo make moteri iza kwanga. Bigira inama yo kujyana moterri hepfo aho bacukuye muri metero hafi 28, bahageze baburirayo umwuka. Na n’ubu abaturage batabaje ariko tuvuyeyo nta gisubizo kubera imiterere yaho.”

Yakomeje asobanura ko muri uyu murenge ari ubwa mbere habereye impanuka nk’iyi, asaba abaturage kwitwararika mu gihe bacukura amabuye y’agaciro cyane cyane birinda kujyana ibikoresho bikoreshwa na lisansi munsi y’ubutaka kuko bishobora gutuma babura umwuka.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages