Aba bagabo uko ari batatu bagwiriwe n’ikirombe mu gitondo cyo ku wa 24 Nyakanga 2017.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’amajyaruguru, IP Innocent Gasasira, yavuze ko batabawe bagakurwa mu kirombe ari bazima.
Yagize ati “Abantu bashoboye kuvanwamo bakiri bazima. Ejo nimugoroba umwe yakuwemo, hasigaramo babiri, nabo mu mwanya ushize bose bakuwemo ari bazima.”
Yakomeje avuga ko icyo kirombe baguyemo, kiri gukorwaho ubushakashatsi niba kirimo amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Colta na Wolfram.
























TANGA IGITEKEREZO