Amakuru y’urupfu rw’uyu mugabo yamenyekanye ahagana saa Sita z’ijoro ryo ku Cyumweru, tariki 14 Werurwe 2022. Yasanzwe yapfuye nyuma yo gutabaruka k’umugore we Nyirambabariye Godelieve w’imyaka 50.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivuruga, Twahirwa Jean de Dieu, yemeje aya makuru avuga ko uyu muryango wagiranaga amakimbirane ariko batakekaga ko yagera ku kigero cyo kwicana.
Yagize ati “Amakuru twayahawe n’abaturage bavugaga ko uyu mugabo yatemye umugore we akamwica na we agahita yiyahura. Abaturage batubwiye ko basanzwe bafitanye amakimbirane ariko nk’ubuyobozi ntitwari tubazi. Kubera ko abantu bafitanye amakimbirane iyo tubamenye dufite abafatanyabikorwa badufasha kubahugura bakabigisha.”
Yakomeje agira ati “Turasaba abaturage kwirinda amakimbirane nk’aya bakajya begera inzego z’ubuyobozi bagafashwa kuyakemura mu mahoro aho kwicana kuko usanga bigira ingaruka mbi ku muryango uba wabuze ababo.”
Ba Nyakwigendera bajyanywe ku Bitaro bya Nemba ngo bakorerwe ibizamini bya muganga. Bari bafitanye abana bane barimo abahungu babiri n’abakobwa babiri.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!