00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gakenke: Umugore w’imyaka 36 yasanzwe mu mugozi yapfuye

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 12 September 2024 saa 08:48
Yasuwe :

Umugore w’imyaka 36 utuye mu Mudugudu wa Kibingo mu Kagari ka Karyango mu Murenge wa Muyongwe Akarere ka Gakenke, yasanzwe mu mugozi yapfuye bikekwa ko ashobora kuba yiyahuye.

Amakuru y’urupfu rw’uwo mugore yatangiye kumvikana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Nzeri 2024, bivugwa ko bamusanze mu mugozi yarangije gushiramo umwuka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyongwe, Twahirwa Jean de Dieu, yemeje amakuru y’urupfu rw’uwo mugore, avuga ko bakeka ko yaba yiyahuye kuko yigeze kugaragaza ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe.

Yagize ati “Ni amakuru yatugezeho mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu twahise twihutira gutabara. Dukeka ko yaba yiyahuye kuko yari asanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe ndetse amakuru dukesha abaturanyi be avuga ko yiyahuye n’umugabo we adahari."


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages