00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gare ya Rwamagana igiye gufungurwa mu isura nshya (Amafoto)

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 22 November 2018 saa 03:15
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana butangaza ko bitarenze tariki 30 Ugushyingo, gare yubakwaga mu mujyi wa Rwamagana izatangira gukoreshwa nyuma y’igihe kinini idakoreshwa.

Igiye gutangira gukoreshwa imaze gutwara arenga miliyoni 750 Frw muri miliyari 1.3 Frw izatwara nimara kuzura.

Uyu mushinga wo kubaka gare watangiye ku mugaragaro muri Kanama 2017, uhuriweho n’akarere ka Rwamagana gafatanyije n’Ishyirahamwe ritwara abagenzi, RFTC.

Ubu hamaze kurangira igice cya kabiri mu bice bitatu bateganyijwe gukorwa muri uyu mushinga.

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Ramagana ushinzwe ubukungu, Mudaheranwa Regis, yabwiye IGIHE ko bitarenze uku kwezi iyi gare izatangira gukoreshwa.

Biteganywa ko igice cya gatatu cy’uyu mushinga kigizwe no kubaka amagorofa y’ubucuruzi cyo kizakorwa nyuma.

Ati” Tariki 30 uku kwezi turatangira kuyikoreramo kuko ibisabwa byose turaba twabirangije, ibindi bizakorwa ni ukubaka inzu y’ubucuruzi izajya imbere ariko byo bizakorwa gare iri gukoreshwa.”

Habimana Said utwara abagenzi ukunze gukoresha gare ya Rwamagana, yavuze ko aho gare yari yabaye imuriwe byabagoraga cyane kuhabona abagenzi bitewe n’imiterere yaho.

Ati” Abantu baturuka mu mujyi ni gake baza gutegera hano bitewe n’uko bibasaba gutega amagare ngo bagere hano. Byari bitubangamiye cyane gupakirira aha ariko ubwo iriya gare nshyashya yuzuye twizeye ko nta bihombo tuzongera kugira.”

Hakizimana Aloyz utwara abagenzi kuri moto we yavuze ko ari ibyishimo bikomeye nibatangira gukorera muri gare nshya.

Ati” Aha ngaha batuzanye ntabwo tubona abagenzi, aha hahurira abantu bake abandi bagenda baviramo ku byapa bitandukanye ku buryo kubona abagenzi bitugora.”

Gusa ngo nibajya muri gare nshya hahurira abantu benshi, bizarushaho kuborohera kubona abagenzi.

Aho gare iri gukorera kuri ubu ntabwo hanyuze abagenzi n'bashoferi
Aka gace niko kazubakwamo inzu y'ubucuruzi igeretse rimwe
Iyi gare ifite ubwiherero bugezweho bushobora kwakira abantu 20
Kugeza ubu iyi gare ifitemo imiryango 20 yitezweho gukorerwamo ubucuruzi
Abasiga amarange barimo gusoza imirimo kugira ngo tariki 30 Ugushyingo izasange bararangije

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages