00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gasabo: Barajwe ishinga no kwesa umuhigo wo kubaka irerero ry’abana

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 1 April 2017 saa 05:05
Yasuwe :

Abaturage bo mu Murenge wa Ndera bagaragaje bahangayikishijwe no kuba batari bubaka irerero ry’abana batishoboye muri aka gace nk’uko bari barabyiyemeje ariko bakagaragaza ko bakeneye izindi mbaraga kugira ngo babigereho.

Ni mu gihe bari bahuriye mu Nteko Rusange y’abanyamuryango ba FPR iba buri mwaka mu rwego rwo kungurana ibitekerezo no kurebera hamwe uko bakoze mu mwaka ushize no gutegura ibizakorwa umwaka ukurikiyeho.

Mu mwanya wo kungurana ibitekerezo Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kibenga yagaragaje ko hari umuhigo wo kubaka irerero ry’abana 134 baturuka mu miyango ikennye bataresa.

Gatsinzi Jean Claude yagize ati “ Twari twahize irerero cyangwa ishuri ry’incuke ariko urugendo ruracyari rurerure kubera ko byose bijyana n’ubushobozi butaraboneka.”

Yakomeje asaba abanyamuryango n’umurenge wa Ndera gushyiramo imbaraga bakesa uyu muhigo bitewe n’uko bakiri ku kigereranyo cya 32%.

Umuyobozi wa FPR Inkotanyi muri aka Kagari yabwiye IGIHE ko kugira ngo babashe kubaka iryo rerero bisaba izindi mbaraga z’inzego zibakuriye.

Yagize ati “ Nibyo iryo rerero turarikeneye cyane ndetse ni ikintu twagiye dushyiramo imbaraga uretse ko gisaba ubushobozi bwaba ubwo ku rwego rw’Umurenge n’urw’igihugu.”

Yakomeje avuga ko nibabona irerero bizabafasha cyane kuko bizatuma abana bakura bafite uburere bwiza ndetse rinagabanye inzererezi muri aka gace.

Mu isozwa ry’iyi nteko rusange abaturage 343 barahiriye kuba abanyamuryango bashya ba FPR Inkotanyi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Kigenga
Bamwe mu bari bitabiriye Inteko Rusange ya FPR muri aka gace
Abatari bake biyemeje kuba abanyamuryango ndetse baranabirahirira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages