00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gasabo: Habonetse umurambo w’umukobwa bikekwa ko yishwe n’umusore bararanye

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 29 April 2018 saa 10:53
Yasuwe :

Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha ‘Rwanda Investigation Bureau’ (RIB), rwatangaje ko ruri gushakisha umusore ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umukobwa bivugwa ko yicuruzaga.

Mu gitondo cyo ku wa 28 Mata 2018, nibwo mu murima uherereye mu Murenge wa Kinyinya, habonetse umurambo w’umukobwa wambaye ubusa ariko hakaba hakekwa ko ari umusore bararanye.

Umuvugizi wa RIB, Mbabazi Modeste, yabwiye IGIHE ati “Amakuru y’ibanze twamenye ni uko uriya mukobwa bikekwa kuba yishwe, ntabwo ari umurambo watoraguwe gusa kandi n’uwamwishe arahari baramukeka ntabwo arafatwa. Amakuru ahari ni uko bari bararanye. Amakuru aravuga ko ari ba bandi bakora umwuga w’uburanya, yari yamuraranye ariko biracyakurikiranwa.”


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages