00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gasabo: Umugabo arakekwaho gutera gerenade mugenzi we

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 11 March 2024 saa 02:15
Yasuwe :

Umugabo ukuriye irondo mu Kagari ka Buhiza mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo, arakekwaho gutera gerenade undi mugabo bagiranye amakimbirane bapfa indaya.

Ibi byabereye mu Kagari ka Nyakabungo mu Murenge wa Jali, kuri iki Cyumweru tarikiya 10 Werurwe 2024.

Abaturage babwiye IGIHE ko uyu mugabo ukuriye umutekano mu Kagari ka Buhiza, yagiranye amakimbirane n’undi mugabo bapfa indaya amutera gerenade ariko k’ubw’amahirwe ntihagira uhatakariza ubuzima.

Aho uwo mugabo yakuye gerenade ntabwo haramenyekana.

Umuturage umwe yagize ati “ Amakuru dufite n’uko bapfuye indaya ajya kuzana gerenade ariyitera ariko k’ubw’amahirwe ntihagira umuntu ikomeretsa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jali, Iyamuremye François yemereye IGIHE ko gerenade yaturitse ariko avuga ko uwayiteye atahita amenyekana, mu gihe iperereza ritararangira.

Yagize ati “ Hari kuba iperereza, kumenya ko ari we cyangwa atari we bizaturuka ku nzego zirimo gukora iperereza kuko abakekwa bose Polisi yarabatwaye.”

Yavuze ko amakuru abaturage batanze avuga ko abo bagabo bapfaga indaya, gusa agaragaza ko bitakwemeza gutyo mu gihe iperereza ritarabigaragaza.

Yasabye abaturage kujya batanga amakuru kuri buri muntu wese bakeka ko afite igikoresho cya gisirikare cyangwa cya Polisi n’ikindi cyose cyahungabanya umutekano atabyemerewe, kugira ngo bibashe gukurikiranwa hakiri kare.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages