Saa moya za mugitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, nibwo Nizeyimana w’imyaka 30 y’amavuko yasanze umugore we Niyomukiza w’imyaka 28 y’amavuko iwabo mu rugo rwa Bizimana Joel na Mukamana Jeanne, amwica amuteye icyuma mu mutima inshuro eshatu.
Amakuru agera kuri IGIHE ni uko Nizeyimana na Niyomukiza bari bamaze iminsi bafitanye amakimbirane. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, akaba yari yahukanye.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Marie Gorette Umutesi, yabwiye IGIHE ko uyu muryango wari umaze igihe ufitanye amakimbirane.
Ati “Bari bamaze imyaka itatu babana nk’umugore n’umugabo ariko ntibigeze basezerana imbere y’amategeko nta n’umwana bari bafitanye. Amakuru dufite ni uko bari bamaze iminsi bafitanye amakimbirane ashingiye ku businzi kandi umugabo akaba yakekaga ko umugore we amuca inyuma.”
Uyu mugabo amaze kwica umugore we yahise atoroka, inzego zishinzwe umutekano ziramushakisha zimufata amaze kunywa umuti witwa ‘Rava’ wica udukoko. Yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Rubungo, aravurwa ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi i Ndera.
CIP Umutesi yihanganishije umuryango wagize ibyago asaba abaturage kwirinda amakimbirane kandi abashakanye ntibihererane ibibazo bafitanye, ahubwo bakajya babibwira inshuti z’umuryango, polisi hamwe n’izindi nzego z’ubuyobozi.



















TANGA IGITEKEREZO