Ibi aba baturage batangarije IGIHE nyuma y’aho muri aka gace kuwa 13 Gashyantare 2024, hari uruhinja rwapfuye bigakekwa ko rwaryamiwe n’umugabo nyina yari yararanye na we dore ko bivugwa ko uwo mugore asanzwe akora uburaya.
Abaganiriye muri aka gace ko mu Njamena gatuwemo n’abagore benshi bicuruza, babwiye IGIHE ko benshi mu bakora uburaya batuye mu nzu nto cyane ndetse baryamana n’abagabo abana babo babareba kuko baba baryamanye ku buriri bumwe.
Bavuga ko ibi bituma abo bana bakurana imico mibi ishobora gutuma nabo bishora mu busambanyi bakiri bato.
Ntezumuremyi Jean Bosco yagize ati “ Hano haba indaya nyinshi noneho kubera ko usanga ziba mu nzu nto baryamana n’abagabo abana babareba kuko nabo baba baryamanye kuri ubwo buriri, kandi urebye si byiza kuko umwana akurana ingeso mbi.”
Yakomeje avuga ko ibi bituma aba bana bavuka ku bagore bakora uburaya babyara batari buzuza imyaka y’ubukure cyangwa bagakurana ingeso mbi.
Bizimana Innocent we yagize ati “Aha Njamena hakunda kuba ibintu by’uburaya kuko haba indaya nyinshi cyane n’ibisambo. Njye gusa inama nagira abasambanira imbere y’abana babo n’uko babireka kuko atari byiza cyangwa igihe bibananiye bakajya bareba aho baboherereza.”
Yakomeje ashishikariza abagore n’abakobwa bicuruza kubireka bakiga imyuga ibateza imbere kuko atari ingeso nziza
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gatenga, Mugabo Rukika Christian, yavuze ko abakora uburaya bakwiye kwirinda kubukorera imbere y’abana babo.
Yagize ati “ Ubundi ubusanzwe ubusambanyi ntabwo ari umuco nyarwanda cyane cyane ko gusambana abana bareba ni ngeso mbi, kuko abanyarwanda baca umugani ngo uwiba ahetse aba abwiriza uwo mu mugongo.”
Yaboneyeho gusaba abakorera uburaya muri aka gace kugira imyitwarire myiza birinda icyatuma abana bagira imico mibi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!