Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 12 Gashyantare 2024, mu Mudugudu wa Gatenga mu Kagari ka Gatenga ahazwi nka Njamena.
Abaturage babwiye IGIHE ko uyu mugore ukekwaho gukora uburaya yatahanye n’umugabo iwe yasinze bakorana imibonano mpuzabitsina mu gitondo basanga uruhinja rwe bari baryamye mu buriri bumwe rwapfuye.
Bavuga ko bikekwa ko uyu mugore n’umusambane we baryamiye uwo mwana ubwo barimo gukora imibonano mpuzabitsina.
Uwitwa Eric yagize ati " Bari basinze noneho ubwo barimo basambana baramuryamira kuko yari akiri muto."
Yongeyeho ko uyu mugore n’umusambane we babanje kwinywera urwagwa ku buryo batahise bamenya ko urwo ruhinja rwapfuye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gatenga, Mugabo Rukika Christian, yabwiye IGIHE ko uyu mugore n’umusambane we ndetse na nyir’inzu batawe muri yombi.
Ati “RIB yabatwaye, yatwaye umugore n’uwo mugabo na nyir’inzu, wenda kuvuga ngo bamuryamiye barimo gusambana ibyo bizaterwa n’iperereza rigiye gukorwa ntawabyemeza kuko nta gihamya gusa icyamenyekanye n’uko habayeho ubusambanyimuri iryo joro.”
Yakomeje ashimangira ko amakuru bafite ari uko uyu mugore yasambanye n’uwo mugabo ndetse iperereza ariryo rizagaragaza ko koko ubwo bari muri icyo gikorwa baryamiye uwo mwana bikamuviramo gupfa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!