Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru tariki ya 31 Werurwe 2024.
Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko uyu mugore ukora uburaya yacyuye umugabo w’umumotari, bakorana imibonano mpuzabitsina nyuma bagirana amakimbirane, ahita asohoka yiruka undi asigara ari kuniga umwana we w’umukobwa w’imyaka umunani aramwica.
Umugore umwe utarashatse ko amazina ye atangazwa, yabwiye IGIHE ati "Yazanye umugabo barararana amwicira umwana.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gatenga, Mugabo Rukika Christian, yabwiye IGIHE ko kugeza ubu uyu mugabo yahise aburirwa irengero ndetse atari yaboneka.
Ati “Kugeza ubu umugabo yari ataraboneka ariko umugore RIB yahise imujyana ajya gutanga amakuru.”
Si ubwa mbere uyu mugore apfusha umwana mu buryo bw’amayobera kuko ku tariki 13 Gashyantare muri uyu mwaka yakozweho iperereza nyuma yo gukorana imibonano mpuzabitsina n’umugabo bari batahanye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!