00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gatsata : Umunyasomaliya yarokotse impanuka y’ikamyo

Yanditswe na

Olivier Rubibi

Kuya 8 May 2013 saa 05:43
Yasuwe :

Umusaza ukomoka muri Somaliya, Abdarahaman Hassan asimbutse urupfu kuri uyu wa gatatu ubwo ikamyo yari atwaye yarengaga umuhanda ikagwa muri metero 16 uturutse ku muhanda mu Murenge wa Gatsata, Akarere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali.
Abdarahaman yakoze impanuka ubwo yari avuye i Shyorongi agiye gupakurura amavuta ya Peteroli i Kabuye nyuma imodoka yari atwaye ifite nimero za Pulaki za Tanzaniya T 691 BSU iza kwifunga ku buryo yiyoboraga kugeza igihe irengeye umuhanda.
Ubwo IGIHE (…)

Umusaza ukomoka muri Somaliya, Abdarahaman Hassan asimbutse urupfu kuri uyu wa gatatu ubwo ikamyo yari atwaye yarengaga umuhanda ikagwa muri metero 16 uturutse ku muhanda mu Murenge wa Gatsata, Akarere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali.

Abdarahaman yakoze impanuka ubwo yari avuye i Shyorongi agiye gupakurura amavuta ya Peteroli i Kabuye nyuma imodoka yari atwaye ifite nimero za Pulaki za Tanzaniya T 691 BSU iza kwifunga ku buryo yiyoboraga kugeza igihe irengeye umuhanda.

Ubwo IGIHE twageraga aho impanuka yabereye, Abdarahaman yadutangarije ko yageragezaga kuyikata akumva iremereye ageze aho ararekera kuko yumvaga atakiyishoboye.

Abdarahaman Hassan yavuye muri iyi modoka ari muzima ndetse n’undi musore bagendana ariko imodoka yo ikaba yangiritse ku buryo bukomeye.

Kigingi w'imodoka we yapfukaga imyenge yasohoraga peteroli miri iyo kamyo kuko abaturage bari batangiye kuvoma iyamenetse
Abaturage bari baje kuvoma peteroli babonye Polisi, amaguru bayabangira ingata

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages