Iki cyemezo gisigaye gisabwa nyuma y’uko bigaragaye ko hari bamwe bahinduraga amazina yabo cyangwa ay’ababyeyi, ugasanga havutse ibibazo by’imyirondoro y’abana. Nk’uko bisanzwe iki cyangombwa gisabwa ku rubuga ‘Irembo’, ariko hakenerwa nimero iranga umwana itangwa n’umurenge.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo, baganiriye na IGIHE, bavuga ko bamaze ibyumweru bitatu bazindukira ku biro by’Umurenge gusaba nimero ziranga abana ngo bajye gusaba ‘icyemezo cy’amavuko’, ariko ntibahabwe serivisi. Ibi bikaba bishobora gutuma abana babo babura amahirwe yo gukora ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza.
Mukashyaka Esther, umwe mu babyeyi bazindukiye ku Murenge wa Kiramuruzi gushaka nimero y’umwana yagize ati “Maze ibyumweru bitatu nza hano, rimwe bakatubwira ngo Etat Civil (ushinzwe irangamimerere) nta wuhari, tukagaruka bucyeye. Abana bagiye gusibira.”
Iki kibazo cyanabajijwe Umurenge wa Kiramuruzi kuri Twitter, maze abayikoresha basubiza ko ikibazo bagize ari uko ijambo-banga (password), bakoresha ryafunzwe na NIDA (Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Indangamuntu).
Bati “Ijambo ry’ibanga ryo kwinjira muri système ya NIDA barayifunze, twasabye NIDA ko idufasha turacyategereje vuba aha turabamenyesha nibikemuka tubafashe.”
Ubu butumwa bwateye impungenge ababyeyi bibaza uko bizagenda mu gihe iki kibazo cyaba kidakemutse vuba. Aha ni ho bashingira bavuga ko abana babo bashobora kubura amahirwe yo gukora ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza niba nta gikozwe mu maguru mashya.
IGIHE yabajije Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Indangamuntu (NIDA), Mukeshimana Jacqueline, ku byerekeye iki kibazo, asubiza ko nta jambo-banga (Password) bafunze.
Ati “Nta ‘Password’ twafunze uretse ko système isaba umuntu kuyihindura iyo igihe kigeze. Abo babyeyi mwababwira bakegera ushinzwe irangamimerere mu Murenge wa Kiramuruzi urubuga rwe rurakora nta kibazo”.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi mu mashuri (NESA) cyabwiye IGIHE ko gahunda yo kwiyandikisha gukora ibizamini bya Leta igikomeje kugeza hagati muri Mata, bunizeza gufatanya na NIDA gushakira umuti icyo kibazo mu gihe cyaba gikomeje.
Mu ngengabihe yashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Uburezi biteganyijwe ko ibizamini bya Leta bisoza icyiciro cy’amashuri abanza bizakorwa ku wa 18-20 Nyakanga 2022.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!