Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera Ndayisenga Jean Claude, yabwiye IGIHE ko uyu Mukaruberwa yiciwe mu kayira ko mu Mudugudu wa Gasabo mu Kagari ka Butiruka ahagana saa moya n’igice zo mu joro ryakeye (tariki 6 Kanama).
Yagize ati “Ni byo bamwiciye mu kayira aho yari anyuze, ibigaragara ni uko yatewe ibyuma mu ijosi no ku mugongo, gusa hari gukorwa iperereza kuko bigoye kuvuga ngo ni kanaka.”
Uyu munyamabanga Nshingwabikorwa yakomeje avuga ko ibikorwa nk’ibi by’ubugizi bwa nabi muri uyu Murenge wa Remera bitari bihasanzwe aboneraho guhumuriza abaturage avuga ko iperereza ryatangiye gukorwa kugira ngo uwabikoze ashyikirizwe ubutabera.
Umurambo wa Nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kiziguro kugira ngo usuzumwe.



















TANGA IGITEKEREZO