00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen. Bayingana yasabye intore za UNILAK kwibanda ku mihigo ijyanye n’umusaruro w’ubumenyi bwabo

Yanditswe na David Eugène Marshall
Kuya 20 October 2018 saa 09:56
Yasuwe :

Abanyeshuri bashya muri Kaminuza y’Abalayiki ya Kigali, UNILAK, basabwe gushyira imbere imihigo ijyanye no kubyaza umusaruro ubumenyi bavoma muri iyi kaminuza, bakazabukoresha mu guteza imbere igihugu n’abagituye muri rusange.

Umuyobozi wungirije w’Itorero ry’Igihugu, Général Major Bayingana Emmanuel yabivugiye muri UNILAK kuri uyu wa Gatanu, mu muhango wo gusoza itorero ry’abanyeshuri bashya batangiye mu mwaka w’amashuri wa 2018-2019.

Bimaze kuba umuco w’iyi Kaminuza ko abanyeshuri batangiye umwaka wa mbere bamara icyumweru batozwa indangagaciro na kirazira bikwiriye umunyarwanda.

Mu kiganiro umuyobozi wungirije w’Itorero ry’igihugu, Général Major Bayingana Emmanuel yahaye Intore za UNILAK, yazikanguriye ko imihigo yazo yajya yibanda ku bikorwa bifitanye isano n’ibyo biga mu ishuri.

Yabashimiye uko bitangira ibikorwa bitandukanye nko gufasha abatishoboye babakira inzu, kubishyurira ubwisungane mu kwivuza n’ibindi, ariko ngo hari akarusho igihugu kibifuzaho.

Yabasabye kongera ubumenyi bakavumbura, ku buryo imihigo yabo yaba ko nyuma y’umwaka baba bafite ibyo bagezeho bamurikira igihugu.

Ati “Njye nibwo nakwishima kurutaho, gufasha abaturage mu bikorwa by’ubugiraneza ni byiza ariko hari abandi babikora, mwe muri aha ngaha nimugire ibikorwa bifatika bikomeye. Imihigo njye ni uko nyibona, mugakora ubushakashatsi mu baturage, mugasubizayo ibyabuvuyemo kandi icyerekezo cy’igihugu ni uko kimeze.”

Umuyobozi mukuru wungirije wa UNILAK, Dr Ngamije Jean yabijeje inkunga ishoboka yose aho izaba ikenewe mu byiciro bitandukanye, bijyanye n’inshingano abanyeshuri bafite.

Yagize ati “Ubushobozi bwo burahari banagitangira bagira ingengo y’imari bakoresha, ariko n’ubundi bufasha bundi bushoboka turabutanga, kuko biri mu nyungu yacu, iyo ubuyobozi bw’abanyeshuri bukora neza natwe turoroherwa cyane.”

Uyu muhango wo kwinjiza intore mu zindi wahuriranye no kwakira indahiro z’abayobozi bashya b’umuryango w’abanyeshuri ba UNILAK Ishami rya Kigali, aho hanabayeho ihererekanya bubasha ku baherutse gutorwa n’abacyuye igihe.

Gen Maj Emmanuel Bayingana yasabye ko imihigo n'ibikorwa by'abanyeshuri byajya byibanda ku byafasha abaturage bifite aho bihurira n'ubumenyi biga
Umuyobozi mukuru wungirije wa UNILAK Dr Ngamije Jean yijeje inkunga yose ishoboka ibikorwa byiza by'abanyeshuri
Umuyobozi w'abanyeshuri ba UNILAK mushya yasinyanye imihigo n'Umuyobozi wa UNILAK

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages