Ubwo Gen Muhoozi yageraga ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali kuri uyu wa 25 Nyakanga 2026, yakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga.
Mu bandi bofisiye bakiriye Gen Muhoozi kandi harimo Umuyobozi w’umutwe w’Ingabo z’u Rwanda ushinzwe kurinda abayobozi bakuru, Gen Maj Willy Rwagasana, n’umujyanama muri Ambasade ya Uganda mu bya gisirikare, Col Ezekiel Matsiko.
Biteganyijwe ko muri uru ruzinduko rw’iminsi ibiri, Gen Muhoozi azaganira n’abayobozi bakuru mu Ngabo z’u Rwanda ku kongerera imbaraga umubano w’ingabo z’ibihugu byombi, anaganire na Perezida Paul Kagame.
Gen Muhoozi yaherukaga mu Rwanda muri Werurwe 2025. Icyo gihe yaganiriye n’abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda ku bufatanye bw’impande zombi, asura Ishuri Rikuru rya gisirikare rya Nyakinama riri mu Karere ka Musanze.
Muri iri shuri, Gen Muhoozi yatanze amasomo ku bufatanye bw’ibihugu bya Afurika mu kubungabunga amahoro n’umutekano.
Uyu musirikare yagaragaje ko mu gihe Ingabo za Uganda n’iz’u Rwanda zihuje ubushobozi, nta kibazo na kimwe gishobora kuzitsinda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!