00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gereza ya Kimironko yibasiwe n’inkongi, abagororwa barindwi barakomereka

Yanditswe na IGIHE
Kuya 31 March 2017 saa 09:06
Yasuwe :

Gereza ya kimironko yafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Werurwe nkuko byemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Amagereza.

Iyi gereza yafashwe n’inkongi y’umuririo mu ma saha ya saa mbili n’igice nkuko byemejwe na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe amagereza, RCS, CGP George Rwigamba.

Iyi mpanuka ikimara kuba abagororwa bimuriwe mu cyumba kimwe maze imodoka enye zizimya inkongi zirimo iza polisi n’izo ku Kibuga cy’Indege i Kanombe, zitangira kuzimya.

Yavuze ko amahema atatu ari imbere muri gereza ari yo yafashwe n’umuriro n’ubu bataramenya icyawuteye maze abayabamo bahungishwa byihutirwa kugira ngo badashya.

Ati “Twagize ibyago Gereza ya Gasabo yafashwe n’inkongi y’umuriro amahema amwe n’amwe arimo imbere hariya hagati afatwa n’umuriro ariko habayeho ubutabazi bwihuse ndetse umuriro urazima.”

Yakomeje agira ati “Nta bantu benshi bakomerekeyemo uretse barindwi bagize udusebe duto bahunga ku buryo ntawuri bujyanwe ku bitaro baravurirwa hano.”

CGP Rwigamba avuga ko nyuma y’uko iyi gereza ifatwa n’umuriro hahise hakazwa umutekabno ku buryo nta mugororwa n’umwe uyifungiyemo watorotse.

Avuga ko hagiye gutangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi nkongi n’ingano y’ibyangirikiyemo.

Iyi gereza ifashwe n’inkongi nyuma y’iyari yabaye muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka 1930, kuri Noheli y’umwaka ushize.

Iyi gereza ifashwe n’inkongi nyuma y’amezi atatu n’iminsi itandatu, indi izwi nka 1930 mu Mujyi rwagati ifashwe n’inkongi yatewe n’insinga z’amashanyarazi zari zishaje.

Ni ikibazo cyatumye inzego zose z’umutekano zitabara, guhera ku ngabo z’igihugu, polisi n’abacungagereza.

Inkuru bifitanye isano: Gereza ya 1930 yibasiwe n’inkongi, humvikana n’amasasu (Amafoto)

Komiseri wa RCS, George Rwigamba aganira n'abanyamakuru
Haracyakorwa iperereza ngo hamenyekane icyateye iyi nkongi
Abagororwa barindwi bakomeretse bahunga iyi nkongi
Umuriro watangiye kwaka muri iyi gereza ahagana saa mbili n'igice
Abaturage babujijwe kwegera hafi y'iyi gereza
Inzego zishinzwe umutekano ziri mu mpande zose z'iyi gereza
Abagororwa bashyizwe mu cyumba kimwe, umuntu arababona anyuze mu nkengero kuko bari kurebera mu madirishya
Nta muntu n'umwe wigeze agwa muri iyi mpanuka
Imodoka zizimya inkongi zinjiraga muri gereza zisimburana
Iyi gereza yafashwe n'inkongi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu / Ifoto: Social Media
Iyi gereza yafashwe n'inkongi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu / Ifoto: Social Media

Amafoto: Niyonzima Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages