Ni bimwe mu bikubiye mu butumwa bahawe kuri uyu wa 30 Ugushyingo, umunsi umwe mbere yo guhabwa impamyabumenyi zabo muri gahunda yiswe ‘Umugoroba w’Impanuro’.”
Umuyobozi wa Kaminuza UTAB, Dr Padiri Munana Gilbert, yavuze ko umugoroba w’impanuro wari ugamije guherekeza neza abarangije amasomo muri uyu mwaka kandi ko ari gahunda itari isanzwe.
Yagize ati "Impamyabumenyi zitangwa buri mwaka, ubumenyi bugahimbazwa, ariko uyu mwaka twateguye n’umugoroba w’impanuro byerekana ko batahawe ubumenyi gusa, ko bahawe n’uburere.”
Yavuze ko bahawe ibiganiro ku bijyanye n’indangagaciro ziranga Abanyarwanda n’uko bakwiteza imbere bo ubwabo n’igihugu muri rusange.
Ubuyobozi bw’iri shuri bwifashishije abize muri UTAB bamaze igihe ku isoko ry’umurimo ndetse n’izindi mpuguke ngo baganirize abasoje amasomo ku myitwarire izatuma babasha guhatana ku isoko ry’umurimo.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye, Tito Rutaremara, yabawiye ko kugira inzozi bifasha mu gutekereza uko bazigeraho kandi ko bituma umuntu akora cyane.
Ati “Kugira icyerekezo cy’ubuzima bigufasha kubitegura kandi ukabigeraho neza, ibi bintu bizatuma mwiteza imbere, muteze imbere n’Igihugu cyanyu.”
Bamwe mu banyeshuri bavuze ko impanuro bahawe zari zicyenewe cyane nyuma y’imyaka ine bamaze ku ntebe y’ishuri.
Twizerimana Katonda Anastase urangije kwiga mu ishami ry’uburezi yagize ati ati" Twebwe turangije kwiga, twiteguye gutanga uburezi bufite ireme kuko natwe twabukuye hano".
Nyirandashimye Vestine urangije kwiga ibijyanye n’ubworozi yagize ati “Twashimye impanuro baduhaye mu rwego rwo kuduherekeza mu byo tugiye gukora hanze y’ishuri. Twamenye kuvura amatungo, kuyategura agatanga umusaruro ndetse n’umukamo ushimishije; izi mpanuro na zo zadufasha kubikorana indangagaciro no gukora kinyamwuga".
Abagera kuri 788 ni bo bahawe impamyabumenyi muri UTAB kuri uyu wa 1 Ukuboza 2023.
Amafoto: Habyarimana Raoul



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!