00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gicumbi: Ba gitifu b’utugari 109 bahawe mudasobwa

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 7 January 2022 saa 09:37
Yasuwe :

Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari 109 tugize Akarere ka Gicumbi, bahawe mudasobwa zizabafasha kuzuza inshingano zabo, basabwa kurushaho kwihutisha serivisi zigenerwa abaturage cyane cyane izifashisha ikoranabuhanga.

Izi mudasobwa bazihawe muri gahunda y’Umukuru w’Igihugu igamije kubaka ubushobozi bw’inzego z’ibanze hatezwa imbere ikoreshwa ry’ikoranabuhanga binyuze muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel, avuga ko guhabwa izo mudasobwa bituruka ku nshingano zabo zimaze kwiyongera, ari nayo mpamvu Leta ikomeje kubagenera icyabafasha mu kazi kabo ka buri munsi.

Yagize ati “Ibi biraza gufasha umuturage kubona serivisi yihuse kuko azajya ayikura ku rwego rw’akagari, mbere hari aho byasabaga ko ajya ku Murenge. Urugero nko kwandika abana bavutse cyangwa kwandukuza abantu bapfuye byakorerwaga ku murenge ariko ubu bizajya bikorerwa ku kagali. Serivisi zo guhemba abaturage bakora mu bikorwa bya VUP nayo izajya yihuta bitewe n’uko babonye imashini zifite ubushobozi."

Uyu muyobozi yatanze icyizere cy’uko ibibazo birimo gusiragizwa n’ibindi abaturage bakunze kugaragaza bizacyemuka kuko izi mudasobwa zizakoreshwa mu kwihutisha akazi muri rusange.

Abayobozi b'utugari 109 bo mu Karere ka Gicumbi bahawe mudasobwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages