00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gicumbi: Babiri barimo Umuyobozi w’Umudugudu bagwiriwe n’ikirombe barapfa

Yanditswe na Evence Ngirabatware
Kuya 2 September 2023 saa 03:44
Yasuwe :

Abaturage babiri barimo Tuyisenge Théoneste wayoboraga Umudugudu wa Rusenge mu Kagari ka Murambi, Umurenge wa Nyagahanga mu Karere ka Gatsibo basanzwe bapfuye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro kiri mu Murenge wa Ruvune mu Karere ka Gicumbi.

Umudugudu Tuyisenge yayoboraga wegeranye neza n’Umurenge wa Ruvune mu Karere ka Gicumbi.

Bivugwa ko aba baturage bagwiriwe n’iki kirombe tariki ya 1 Nzeri 2023 mu Murenge wa Ruvune, mu Kagari ka Gashirira, ubwo bacukuraga amabuye mu buryo butemewe.

Amakuru avuga ko Mudugudu Tuyisenge Théoneste w’imyaka 31 yagwiriwe n’ikirombe ubwo bacukuraga ari batandatu harokoka bane. Mugenzi we wapfuye ni Ubonyentabaza Alias ukomoka mu Murenge wa Ruvune.

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mbonyitwari Jean Marie Vianney, yihanganishije imiryango yabuze aba baturage, anihanangiriza abishora mu bucukuzi butemewe.

Ati “Ubutumwa twagenera abaturage ni ukwitandukanya n’ibikorwa bajya gukora bitemewe. Abayobozi turabasaba kuba intangarugero kandi bagakora neza inshingano bafite nk’abayobozi, bagakumira ikibi, birinda na bo kujyamo kuko bitanga urugero rubi.”

Imirambo y’abitabye Imana yajyanywe ku Bitaro bya Byumba kugira ngo ikorerwe isuzuma.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages