00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gicumbi: Ikirombe cyaridukiye babiri, umwe ahasiga ubuzima

Yanditswe na Evence Ngirabatware
Kuya 15 December 2022 saa 07:06
Yasuwe :

Mukurijimana Soline w’imyaka 24 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe ahita yitaba Imana ubwo yacukuraga umucanga ahantu habujijwe mu Mudugudu wa Ruhinga, Akagari ka Rutete, Umurenge wa Nyankenke, mu Karere ka Gicumbi.

Iyi nkuru y’akababaro y’umuturage wahitanywe n’ikirombe yamenyekanye ku mugoroba wo ku wa 14 Ukuboza 2022.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyankenke bwemereye IGIHE ko amakuru y’uru rupfu rutunguranye ari impamo.

Umukozi ushinzwe Irangamimere mu Murenge wa Nyankenke, Makombe Emmanuel, yagize ati “Ni byo, iby’uru rupfu byabayeho. Turihanganisha umuryango wagize ibyago.’’

Yavuze ko aho ahacukurwaga umucanga hari harabujijwe kuko byagaragaraga ko hashyira ubuzima bw’abaturage mu kaga.

Umukingo waridutse kandi wagwiriye umusore w’imyaka 20, ajyanwa kuvurizwa ku Kigo Nderabuzima cya Kisaro. Uyu yakomeretse ubwo yageragezaga gutabara Mukurijimana.

Makombe yakomeje ati “Abaturage badufashe bareke gucukura ahantu bazi ko twababujije, kuko byatuma bahaburira ubuzima.’’

Umurambo wa Nyakwigendera wakuwe aho impanuka yabereye ahagana saa Tatu z’ijoro.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages