Byabaye kuri uyu wa 04 Werurwe 2024 mu kirombe cyo mu mudugudu wa Gasharu mu murenge wa Rutare, ho mu karere ka Gicumbi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rutare Bayingana Théogene yemeje aya makuru.
Ati “Yego, uwo mugabo yakoraga ahasanzwe hacukurwa amabuye y’agaciro, ubusanzwe atuye mu murenge wa Nyamiyaga, gusa hahise hakorwa ubutabazi, ariko ageze ku bitaro ahita apfa.”
Abaturage bavuga ko uyu mugabo yakoraga mu kirombe cyemewe gicukurwamo amabuye ya zahabu, nubwo batabashije kumenya niba asize umuryango, kuko adasanzwe atuye mu murenge wa Rutare.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!