00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gicumbi: Umugore yiyahuye amaze gushwana n’umukazana

Yanditswe na Evence Ngirabatware
Kuya 18 March 2024 saa 08:10
Yasuwe :

Umugore w’imyaka 50 witwa Sinjyemana wari utuye mu mudugudu wa Ruhango akagari ka Gahumuriza mu murenge wa Nyamiyaga ho mu karere ka Gicumbi, yasanzwe mu mugozi amanitse yapfuye, bicyekwa ko yiyahuye.

Byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa 17 Werurwe 2024 nyuma y’aho uyu mugore bivuzwe ko yatutse umukazana we, na we akajya kumurega ku muyobozi w’umutekano mu mudugudu wa Ruhango.

Abaturanyi bavuga ko nyakwigendera yatashye avuye mu kabari yasinze, agaca ku rugo rw’umuhungu we maze agatuka umukazana ibitutsi by’urukozasoni cyane, bakitabaza ushinzwe umutekano mu mudugudu.

Ushinzwe umutekano yahise aza kubareba muri iryo joro, asaba abaturage bombi kumvikana bakareka gushwana, bakaza kubikurikirana mu gitondo.

Uwo mugore (nyirabukwe) yahise ajya mu cyumba cye, abana be bagiye kumuhamagara basanga amanitse mu cyumba ari mu mugozi yapfuye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamiyaga Kayigamba Emmanuel yavuze ko umurambo wajyanywe ku bitaro bya Byumba gusuzumwa.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages