Umurambo w’uyu muhungu wabonywe kuri uyu wa 21 Kanama 2022 mu nzu yo hanze mu rugo rw’ababyeyi be. Byamenyekanye nyuma y’uko bagiye kumuhamagara ntiyitabe, bakingura bagasanga ari mu mugozi anagana.
Umwe mu baturanyi yagize ati “Mu rukerera nka saa Kumi zenda kuba n’Imwe, numvise ababyeyi be bamuhamagara ntiyitabe, nyuma numva baca urugi rw’inzu yabagamo mu gikari. Ni bwo naje kureba dusanga amanitse mu mugozi yapfuye. Ababyeyi be bavugaga ko bamuheruka ejo nka saa Saba z’amanywa.’’
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Manyagiro, Rusizana Joseph, yemeje aya makuru.
Yagize ati “Nta kindi kibazo bamuziho kuko yitondaga agakora imirimo yo guhinga no kwikorera imizigo akabana neza n’ababyeyi be.”
Umurambo wajyanywe ku Bitaro bya Byumba ngo hakorwe isuzuma.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!