00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gicumbi: Umusaza yiyahuye nyuma yo gushwana n’umuhungu we bapfa 1000 Frw

Yanditswe na Evence Ngirabatware
Kuya 7 October 2022 saa 10:38
Yasuwe :

Umusaza w’imyaka 65 wo mu mudugudu wa Rurembo, akagari ka Nyiravugiza, mu murenge wa Manyagiro yasanzwe mu mugozi yapfuye, bicyekwa ko yiyahuye kubera umuhungu we w’ imyaka 19 wamututse bapfa amafaranga 1000.

Uyu musaza uzwi ku izina rya Gatabazi Pascal yasanzwe mu mugozi yapfuye. Byabaye mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Gatanu.

Bamwe mu baturanyi b’uyu muryango bavuga ko uyu Gatabazi Pascal ashobora kuba yiyahuye nyuma y’uko mu gitondo umuhungu we w’imyaka 19 yari yabyutse amutuka bikabije, ku mpamvu z’uko yabuze amafaranga 1000 Frw agakeka ko se yayibye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Nyiravugiza, Tuyizere Théoneste yemeje aya makuru.

Ati “ Twamenye ko yifungiranye mu nzu nyuma bakamusanga mu mugozi yapfuye. Baduhaye amakuru ko ashobora kuba yagiranye amakimbirane n’umuhungu we, abenshi bagacyeka ko aricyo cyatumye yiyahura”.

Umuhungu wa nyakwigendera yahise atabwa muri yombi mu gihe iperereza rikomehje.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages