00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gicumbi: Umusore w’imyaka 25 yasanzwe yapfuye

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 6 July 2016 saa 09:15
Yasuwe :

Iyamuremye Samuel wakoraga akazi k’ubwikorezi bw’ibintu yasanzwe yashizemo umwuka imbere y’inyubako iherereye inyuma y’Ibiro by’Akarere ka Gicumbi ahitwa kwa Muvuzankwaya Léonidas.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 6 Nyakanga 2016 nibwo umurambo w’uyu musore wagaragaye.

Iyamuremye wari mu kigero cy’imyaka 25 y’amavuko wakoraga ubukarani mu isoko rya Gicumbi abamubonye bwa mbere batangaje ko basanze aryamye yubitse inda. Nta gikomere na kimwe yari afite byatumye benshi bakeka ko yaba yishwe akahajugunywa.

Twizeyimana Jean Marie Vianey usanzwe ari umuzamu kuri iyi nyubako,yatangarije IGIHE ko nawe yabyutse agasanga umurambo w’uyu musore imbere y’inzu arinda.

Yagize ati“ Ubundi iyi nzu isanzwe irarwamo n’inzererezi nyinshi ariko uyu sinamenya nawe niba yahararaga kuko rwose nabonaga nta kibazo ateye. Njyewe rero ndara muri etage hejuru bo bakaza bakarara hasi kuko hadafungwa. Nabyutse ngiye koga mbona aryamye imbere y’inzu ngira ngo yasinze mwegereye mbona inshishi zamugiye mu matwi.”

Yakomeje agira ati: “ Nahise ntabaza abantu baraza dusanga yapfuye mu by’ukuri sinavuga ngo yazize iki kuko nijoro nta kintu na kimwe numvise, ikindi twanasanze n’imyenda ye imurambitse hejuru.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru,IP Innocent Gasasira, yemeje amakuru y’urupfu rwa Iyamuremye ndetse ngo n’iperereza ryahise ritangira.

Umurambo wa Nyakwigendera wahise ujyanwa ku bitaro bikuru bya Byumba kugirango abaganga basuzume icyamwishe.

Umurambo wa Iyamuremye Samuel watoraguwe imbere y'iyi nyubako

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages