00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gicumbi: Umusore yabonetse yapfuye nyuma yo kunywa amacupa 11 y’inzoga

Yanditswe na Evence Ngirabatware
Kuya 24 July 2024 saa 11:03
Yasuwe :

Umusore w’imyaka 25 biracyekwa ko yishwe n’inzoga yitwa Nesha bari bamutegeye, nyuma bakamusanga iruhande rw’urusengero yapfuye.

Nemeyimana Phocas w’imyaka 25 yasanzwe ku muhanda hafi y’urusengero yapfuye, bicyekwa ko yishwe n’ inzoga yaraye anyweye yitwa ’Nesha’ bari bamutegeye akananirwa kuzinywa ngo azimare.

Gutegera nyakwigendera izo nzoga byabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa 24 Nyakanga 2024, mu murenge wa Cyumba, Akagari ka Muhambo mu Mudugudu wa Rugerero.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko nyakwigwendera yari ari mu kabari banyweragamo, hanyuma mugenzi we w’imyaka 24 akamutegera kunywa amacupa 13 y’inzoga yitwa Nesha.

Yanyweye amacupa 11 y’iyo nzoga, atangira gucika intege ari na bwo yasohotse atashye, nyuma bamusanga ku muhanda iruhande rw’urusengero yapfuye.

Umuvugizi wa Polisi y’ u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Mwiseneza Jean Bosco, yavuze ko o abacyekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Nemeyimana batawe muri yombi.

Ati “Hari gukorwa iperereza ngo hamenyekanye icyamwishe, hafashwe abantu babiri bacyekwaho kuba nyirabayazana w’urupfu rwa nyakwigendera, bashyikirijwe RIB Sitasiyo ya Byumba".

SP Mwiseneza yasabye abaturage kujya batangira amakuru ku gihe mu kintu babona gishobora gushyira ubuzima bw’umuturage mu kaga.

Umurambo wa nyakwigwendera wajyanywe ku Bitaro bya Byumba gukorerwa isuzuma.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages