Amakuru yizewe avuga ko uyu mugore yafashwe ku bufatanye n’abaturage ndete yemera ko koko ariwe wabyaye umwana aramuta, ariko akavuga ko yari yamubyaye yamaze gupfa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Byumba, Ngezahumuremyi Théoneste yasabye abaturage kwirinda ibyaha byo kuvutsa ubuzima abana babyaye.
Ati “Nibyo yafashwe, abaturage turabasaba kwirinda kuvutsa ubuzima bw’uwo batwite, bagomba kujya kwa Muganga kugisha inama igihe cyose basamye, no kwisuzumisha kenshi, kuko kutajya kwa muganga no kwihekura bishobora gutuma nawe ubura ubuzima.”
Uyu mugore kuri ubu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Byumba.
Indi nkuru bijyanye: https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gicumbi-umwana-w-uruhinja-yasanzwe-mu-cyobo-cy-amazi-yapfuye



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!