00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gicumbi: Yatwitse inzu ye kubera amakimbirane afitanye n’umugore

Yanditswe na Evence Ngirabatware
Kuya 14 June 2023 saa 01:07
Yasuwe :

Umugabo witwa Nsengiyumva John w’ imyaka 53 akurikiranyweho gutwika inzu ye igashya n’ibikoresho byarimo bikangirika nyuma yo gucyeka ko umugore we amuca inyuma.

Amakuru aturuka mu mudugudu wa Tanda, Akagari ka Tanda, Umurenge wa Giti byabereyemo, yemeza ko usibye inzu ye yangiritse n’ ibikoresho byarimo byahiye, harimo ibyo kuryamaho, ibiribwa , intebe n’ ameza byose bikaba byarakongotse.

Abaturage baganiye na IGIHE bavuze ko inzu yayitwitse kuwa Mbere abanjije kuzinga ibyo kuryamaho; Matelas ebyiri, baje gutabara basanga ibyarimo byamaze gukongoka.

Uyu mugabo afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Bukure ngo hakorwe iperereza ryimbitse.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Giti Mukankusi Marie Claire, yavuze ko uyu mugabo yatwitse inzu ye agamije guhima umugore.

Ati:" Yego byabayeho. Uyu mugabo batubwiye ko afitanye amakimbirane n’umugore we ashingiye ku mitungo, kuko buri umwe iyo ajyanye imyaka ku isoko amafaranga abonye ahita ajya kuyanywera inzoga, twanamenye ko atajya yizera umugore we ngo acyeka ko amuca inyuma. Ni abantu ubona ko bifashije ariko yatwitse inzu ye agamije guhima umugore".

Uyu mugabo asanzwe abana n’ umugore we witwa Nyirabikari Anisie w’imyaka 45 y’ amavuko.

Amakuru aturuka muri uyu murenge avuga ko ibikoresho byangiritse munzu ye bifite agaciro k’ ibihumbi 250Frw, bakaba basaba abaturage kwirinda intonganya, igihe babonye batari kumvikana bakiyambaza ubuyobozi.

Nsengiyumva watwitse inzu ye ahima umugore we

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages