00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gisagara: Abarema isoko rya Ndora barinubira umwanda

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 9 February 2024 saa 10:29
Yasuwe :

Abarema isoko rya Ndora riri mu marembo y’ibiro by’Akarere ka Gisagara barasaba ko isuku yo mu bwiherero bwaryo yanozwa ikajyana n’ikuguzi bacibwa k’ushaka kubwifashisha.

Mu mezi atatu ashize ni bwo abarema iri soko rya Ndora, bagaragaje ko babangamiwe n’umwanda mu bwiherero bwari bwaruzuye, ndetse ubuyobozi bwihutira kubikosora.

Nyuma yo kubuvidura, abarema isoko rya Ndora batangiye kwirema agatima ko bagiye gutandukana n’umwanda ariko ngo si ko byagenze.

Umwe muri bo yagize ati “Twari twishimye kuko warakubwaga ntubone aho ukandagira,none n’ubu ubona bitarahinduka kandi noneho tunishyura”.

Kimwe na bagenzi be barema iri soko n’abarikoreramo, bagaragaza ko ikiguzi cyo kujya muri ubwo bwiherero cy’amafaranga 100 kidasobanutse kandi butanatunganyije.

Umwe yagize ati“Birabangamye kubera ko tujya kwihagarika hariya bakaduca 100Frw kandi nta suku igaragara ihari. Turahajya tugasanga hari umwanda, tuba dukandagira mu bintu by’imyanda ariko wasohoka ngo mpa ijana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Habineza Jean Paul, we ashima ko nibura hari icyakozwe kuri ubu bwiherero bwari bwaruzuye, gusa akavuga ko bagiye no gukurikirana isuku yabwo idahagije ikaba yazamuka.

Yagize ati “Tugiye gukurikirana sosiyete ikora isuku ku buryo uko batanga ayo mafaranga bagomba kwita no ku isuku, kuko isuku ni isoko y’ubuzima natwe turabyemera.”

Abarema n’abakoresha isoko rya Ndora bavuga ko ubu bwiherero buramutse bugize isuku byanagabanya umubare w’abakwirakwiza umwanda ku gasozi, dore ko RBC mu 2020 yatangaje ko abasaga 32% bo muri aka karere bibasirwa n’indwara nk’inzoka n’izindi ziterwa n’umwanda.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages